M23 Kibumba

Walikale: Imirwano ikomeye yahuje AFC/M23 na FARDC i Misambo

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 27 Gicurasi, habaye imirwano ikaze, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za FARDC, zishyigikiwe na Wazalendo, mu gace ka Misambo, gaherereye ku mupaka wa gurupoma za Kisimba na Ikobo (Teritwari ya Walikale), mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza, ngo inyeshyamba za M23 zagabye igitero gishya ku birindiro by’ingabo za leta mu rwego rwo kwagura aho zigenzura muri kariya gace ka Walikale.

Kuva mu gitondo cya kare, mu karere k’imirwano humvikanye urusaku rukomeye rw’intwaro ziremereye ndetse n’izoroheje, bitera ubwoba mu baturage.

Kubera impungenge z’umutekano wabo, biravugwa ko abaturage benshi bataye ingo zabo bahungira mu bihuru.

Iyi mirwano ije ikurikira iyabaye ku wa Kabiri, itariki ya 26 Gicurasi, aho abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye ibice byinshi birimo Ihula, Katobo, na Mukohwa muri Gurupoma ya Kisimba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *