AA247S7H

Abanyamerika banduye Ebola bagiye koherezwa muri Kenya aho kwinjira muri Amerika

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe icyorezo cya Ebola muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo gikomeje kwiyongera, ubuyobozi bwa Trump buvuga ko bwibanze ku kurinda iki cyorezo kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kuri uyu wa Gatatu ushize, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, yagize ati: “Ntidushobora kandi ntituzemera ko hagira ikibazo na kimwe cya Ebola cyinjira muri Amerika.”

Ni muri urwo rwego, abayobozi mu buyobozi bwa Trump bavuze ko Amerika “irimo gushyiraho ikigo kigezweho” muri Kenya kizita ku Banyamerika bashobora kuba barahuye n’abantu banduye virusi ya Ebola ariko bakaba badafite ibimenyetso.

Umwe mu bayobozi yagize ati: “Iki kigo cyashyizweho kugira ngo habeho ubuvuzi bufite ireme ku Banyamerika bakeneye kuva vuba muri DRC no gushyirwa mu kato bitabaye ngombwa gutwara abantu benshi basubira muri Amerika.”

Lawrence Gostin, umuyobozi w’ikigo cy’ubuzima gikorana n’Ishami rya Loni ryita ku Buzima (WHO) yavuze ko icyemezo cyo kujyana mu kato Abanyamerika muri Kenya “kitigeze kibaho.”

Mu butumwa bwe, Gostin yanditse ko bishobora gutwara ubuzima bw’Abanyamerika.

Ati: “Dufite inshingano zo kurengera Abanyamerika, cyane cyane ubuzima bw’intwari n’abakozi bashinzwe ubutabazi bita ku barwayi ba Ebola”.

Yashimangiye ko bidashoboka kwita uko bikwiye ku barwayi ba Ebola muri Kenya, ugereranije n’ibigo bigezweho byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *