FB_IMG_1781004084398

Inyoni zirikinisha

Sangiza iyi nkuru

Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’inzobere zo muri Kaminuza ya Lancashire n’iya Oxford mu Bwongereza bwerekanye ko inyoni zimwe na zimwe zirimo kasuku, ibishuhe, dendo n’inkoko zigira imyitwarire yo kwikinisha, kandi ko ari ibintu bisanzwe biboneka haba ku nyoni zororerwa mu ngo ndetse no ku ziba mu gasozi.

Abashakashatsi bakoze ubushakashatsi ku moko y’inyoni 120 basanga iyi myitwarire itaterwa no gufungirwa cyangwa kororerwa ahantu hafunganye nk’uko bamwe babitekerezaga. Ahubwo ni kimwe mu biranga ubuzima busanzwe bw’izi nyoni, cyane cyane igihe zigeze ku rwego rw’imyororokere.

Ubushakashatsi kandi bwerekanye ko inyoni z’ingabo ari zo zikunze kugaragaraho iyi myitwarire kurusha iz’ingore, nubwo na zo zishobora kuyigaragaza. Nyuma y’iki gikorwa, zimwe mu nyoni zagaragaje ibimenyetso by’ibyishimo birimo gukubita amababa cyane no gukora amajwi adasanzwe.

Dr Chloe Heys wayoboye ubu bushakashatsi yavuze ko nta ngaruka mbi iyi myitwarire igira ku buzima bw’inyoni, bityo asaba abazoroye kutazihana, kutazikona cyangwa ngo bazihe imiti bagamije kubihagarika.

Muri rusange, ubu bushakashatsi bwashimangiye ko kwikinisha ku nyoni ari imyitwarire karemano iboneka ku moko menshi kandi idakwiye gutera impungenge abazitaho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *