GL7JtvoWgAAyN-Z_copy_1002x719

FARDC irigamba kwisubiza Mikenke 

Sangiza iyi nkuru

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zatangaje ko zongeye kugenzura agace ka Mikenke ko mu misozi miremire ya Minembwe, nyuma y’iminsi ibiri kigaruriwe n’umutwe wa Twirwaneho.

Umuvugizi wa FARDC mu bikorwa bya gisirikare mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, Lt. Reagan Mbuyi Kalonji, yavuze ko Mikenke yongeye gufatwa nyuma y’igitero cyo kuyisybiza cyagabwe n’igisirikare cya Leta.

Lt. Kalonji yavuze ko FARDC yari yabanje gusubira inyuma igana i Kishirita kugira ngo irinde abaturage ingaruka z’imirwano n’ibitero byakoreshwagamo drone.

Ati: “Twari twasubiye inyuma tugana i Kishirita kugira ngo turinde abaturage kugwa mu mirwano. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu twagabye igitero cyo kwisubiza inyuma, bituma twongera gufata Mikenge, agace k’ingenzi gafatwa nk’irembo ryinjira muri Minembwe rwagati.”

Uyu muvugizi wa FARDC yavuze kandi ko abaturage bo muri aka gace bakiriye neza isubiranwa rya Mikenge, ashinja abarwanyi ba AFC/M23-Twirwaneho ibikorwa by’ihohoterwa byakorewe abasivili igihe bari bakigenzura.

Uyu kandi yavuze ko FARDC yanigaruriye utundi duce turimo Kalingi na Kakenke twafashwe ku wa Kabiri, mu gihe ibikorwa bya gisirikare bikomeje mu bindi bice byo mu misozi miremire ya Minembwe.

FARDC yavuze ibi nyuma y’uko ku wa 9 Kamena amakuru atandukanye yavugaga ko abarwanyi ba Twirwaneho bari bigaruriye Mikenke nyuma y’imirwano yabahanganishije na FARDC, Wazalendo ndetse n’ingabo z’u Burundi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *