IMG-20230524-WA0072

Sindi Umunyarwanda wo kugira ibyo njya kubaza Kagame: Kikuni utavuga rumwe na Tshisekedi 

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Seth Kikuni, yavuze ko Perezida Félix Tshisekedi ari we nyirabayazana w’ibibazo by’umutekano igihugu kirimo, anavuga ko umutwe wa AFC/M23 utagomba gufatwa nk’umutwe w’iterabwoba.

Ibi Kikuni yabivugiye mu kiganiro cya Space cyabereye ku rubuga rwa X, cyari cyateguwe n’umunyamakuru Stanis Bujakera.

Agaruka ku bibazo by’umutekano muke bimaze imyaka myinshi mu Burasirazuba bwa RDC, Kikuni yavuze ko adashobora kubaza Perezida Paul Kagame ibijyanye n’ibibazo bya Congo, ahubwo ko ibisobanuro byose bikwiye gutangwa na Tshisekedi.

Yagize ati: “Ni Tshisekedi wateje aka kavuyo kose. Njye sindi Umunyarwanda ngo njye kugira ibyo mbaza Paul Kagame. Njye ikibazo nshobora kukibaza Félix Tshisekedi gusa. Twageze kuri ibi dute? Agomba kubidusobanurira.”

Kikuni yavuze ko mbere y’uko M23 yongera gufata intwaro, bamwe mu bayigize bari bararekuwe cyangwa bagahabwa imbabazi ku byemezo byafashwe ku butegetsi bwa Tshisekedi.

Yanibukije ko abarwanyi ba M23 bamaze amezi 14 bacumbikiwe i Kinshasa nyuma yo kuva muri Uganda, yibaza uwabibemereye.

Ati: “Ni nde wabarekuye binyuze mu iteka rya Perezida? Ese ni Kabila cyangwa ni Tshisekedi? M23 yari icumbikiwe muri Uganda, ni nde wayicumbikiye amezi 14 i Kinshasa? Ese ni Kabila cyangwa ni Tshisekedi?”

Uyu munyapolitiki yanavuze ko ubwo Tshisekedi yageraga ku butegetsi mu 2019, icyamurangaga cyane cyari ugushaka kugabanya ijambo rya Joseph Kabila.

Avuga ko muri urwo rugendo yashatse ubufatanye n’abo yabonaga nk’abarwanya Kabila.

Ati: “Tshisekedi yagiranye amasezerano n’abantu bose yabonaga nk’abanzi ba Kabila. Harimo M23 ndetse na Kagame. Yasohoye RDC hafi muri SADC ayijyana muri EAC, kuko kuri we SADC yari iya Kabila.”

Kikuni kandi yahakanye imvugo ikoreshwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi ivuga ko AFC/M23 ari umutwe w’iterabwoba, ati: “AFC/M23 si umutwe w’iterabwoba. Umutwe w’iterabwoba ntigarurira ibice by’igihugu, nturwana n’ingabo za leta imyaka myinshi kandi ngo ujye mu biganiro na Guverinoma. AFC/M23 ni umutwe w’abarwanya ubutegetsi bitwaje intwaro.”

Kikuni yanakomoje ku miyoborere ya Tshisekedi, amugaragaza nka Perezida w’umunyantege nke byanga bikunze uzaneshwa.

Ati: “Félix Tshisekedi ni Perezida udafite imbaraga, ubaho mu bwoba buhoraho. Ni umuntu urangwa no gukeka buri wese. Tuzamunesha kandi tuzakuraho ubu butegetsi bw’igitugu.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *