20260617_050634_copy_1000x662

Igikombe cy’Isi: Messi yandikiye amateka kuri Algérie

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Igihugu ya Argentine yanyagiye iya Algérie ibitego 3-0, mu mukino w’Igikombe cy’Isi Lionel Messi usanzwe ari Kapiteni wayo yandikiyemo amateka.

Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa mbere wo mu tsinda J wakiniwe i Kansas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ni umukino Messi yatsinzemo ibitego bitatu byose bya Argentina (hat-trick), ayifasha gutangira neza urugendo rwo gushaka kwisubiza igikombe yegukanye mu 2022.

Igitego cya mbere Messi yagitsinze ku munota wa 17 nyuma yo guhabwa umupira na Rodrigo De Paul, awutereye kure y’izamu awuroha mu ncundura nubwo umunyezamu Luca Zidane yari yawukozeho.

Nyuma yo gukomeza gusatira no kugenzura umukino, Argentina yongeye kubona ibindi bitego bibiri bya Messi mu gice cya kabiri, birangira Algerie itsinzwe 3-0.

Nubwo iyi kipe yagerageje kwihagararaho ndetse ikagira igitego cyanzwe na VAR mu ntangiriro z’umukino, ntiyashoboye guhangana n’ubukaka bw’abakinnyi ba Argentine bari barangajwe imbere bayobowe na Messi.

Uyu mukino wabaye uw’amateka kuri uyu mugabo uzuzuza imyaka 39 y’amavuko mu cyumweru gitaha, kubera impamvu nyinshi.

Icya mbere, yabaye umukinnyi wa mbere mu mateka y’umupira w’amaguru wakinnye Igikombe cy’Isi inshuro esheshatu, nyuma yo gukina amarushanwa yo mu 2006, 2010, 2014, 2018, 2022 na 2026.

Messi kandi yakinaga umukino wa 200 mu ikipe y’igihugu ya Argentine, aba umwe mu bakinnyi bake cyane bageze kuri uwo mubare ku rwego mpuzamahanga.

Uyu mukinnyi hat-trick yatsinze yabaye iya mbere mu mateka ye mu Gikombe cy’Isi, ibintu byashimishije cyane abakunzi b’umupira w’amaguru ku Isi hose.

Byongeye kandi, ibyo bitego bitatu yatsinze byamugejeje ku bitego 16 mu mateka y’Igikombe cy’Isi, bingana n’umubare wari ufitwe n’umudage Miroslav Klose nk’umukinnyi umaze gutsinda ibitego byinshi muri iri rushanwa rikomeye ku Isi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *