Ikipe ya APR FC yemeje ko yamaze gusinyisha Amani Kouadio Kan Michel Breygeneve, umunya-Côte d’Ivoire ukina asatira izamu.
Iyi kipe ibinyujije ku mbunga nkoranyambaga zayo, yemeje ko uriya mukinnyi yasinyanye na yo amasezerano y’imyaka ibiri.
Amani Michel w’imyaka 27 y’amavuko, yakiniraga ikipe ya AFAD Djékanou yo mu Cyiciro cya Mbere muri Côte d’Ivoire. Ni we watsinze ibitego byinshi (17) muri Shampiyona y’iwabo.
Uyu mukinnyi usatira izamu aciye ibumoso cyangwa iburyo, yinjiye mu kipe y’ingabo z’igihugu abisikana na Denis Omedi na Mugisha Gilbert bahoze bakina ku mwanya nk’uwe, mbere yo gutandukana na APR FC.


