WLYJLQLDGJKA7LGWEY55EAE6A4

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yitezweho gutangaza ubwegure bwe kuwa Mbere

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere uza atangaza ko avuye kuri uyu mwanya, nyuma y’igitutu kinini cy’abadepite bo mu ishyaka ry’abakozi akomokamo, ibiharurira inzira Andy Burnham zo kuba umuyobozi w’Ishyaka ry’Abakozi.

Kuri iki Cyumweru, umunyamabanga ushinzwe ubucuruzi, Peter Kyle, avugira guverinoma, yanze kugira icyo atangaza kuri gahunda zihariye za Starmer ariko avuga ko minisitiri w’intebe azi “ukuri kwa politiki” kandi ko azakora ibibereye igihugu.

Yatangarije BBC mu kiganiro cyo ku Cyumweru cya Laura Kuenssberg ati: “Sinshaka kuza hano no kwibeshya ko nta nzira zigomba gukurikizwa, nta mbaraga ziri ku kazi zirwanya minisitiri w’intebe nk’umuyobozi, ibyo ni ko bimeze.”

Minisitiri w’intebe n’abafatanyabikorwa be bari bamaze ibyumweru byinshi banga kuva ku izima, mbere y’amatora ya Makerfield aho Burnham yemerewe gusubira i Westminster.

Kuri iki Cyumweru, Ibiro bya minisitiri w’intebe (Downing Street) byongeye kubisubiramo, byerekeza ku magambo Starmer yatangarije abanyamakuru ku wa Gatanu, nyuma yo gutsinda amatora kwa Burnham, aho Minisitiri w’intebe yemeje ko azarwanya ikizitambika ubuyobozi bwe cyose.

Mu gihe Kyle yavuze ko atazi “icyo iminsi iri imbere izaba ihatse”, yerekanye Starmer ko atekereza yitonze cyane ku ku hazaza he ndetse n’uburyo bwo kwirinda kwangiza inyungu z’igihugu.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza uheruka kwegura ni Rishi Sunak. Yeguye ku mirimo ye ku mugaragaro maze abonana n’Umwami Charles III ku ngoro ya Buckingham ku itariki ya 5 Nyakanga 2024, nyuma y’uko ishyaka rye ry’Aba-Conservateurs ritsinzwe amatora rusange.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *