eerertrr-350x250

Kisoro: Uwitwa Mashengesho arashinjwa gufata ku ngufu no kwica umwana w’umukobwa

Sangiza iyi nkuru

Umusore w’imyaka 28 w’Umunyarwanda, Vincent Mashengesho uzwi ku izina rya Fit Fit, yakomeje gufungwa n’urukiko rw’ibanze rwa Kisoro I kubera icyaha cyo gufata ku ngufu no kwica umukobwa w’imyaka 16 witwa Munezero.

Urukiko rwumvise ko ibi byabaye ku itariki ya 25 Kamena 2026 mu Mudugudu wa Kamonyi, muri Division y’Amajyaruguru, mu Mujyi wa Kisoro, maze umucamanza yanga kumurekura kuko iki ari icyaha gikomeye kizaburanishwa n’Urukiko Rukuru nk’uko bitangazwa na Chimpreports.

Uru rubanza rwimuriwe ku itariki ya 23 Nyakanga 2026 mu gihe iperereza rigikomeje. Hagati aho, Depite Sam Byibesho wo muri Kisoro, yasabye abaturage kwirinda kugenda bonyine nijoro, mu gihe Umuyobozi mukuru wa OUBDU, Peninah Zaninka, yasabye igihano gikomeye ukekwa naramuka ahamwe n’icyaha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply