69677c36-26b7-48fe-845a-5fffcb685f45_1536x1024

Amerika na Iran byongeye kurasanaho nyuma y’amasezerano yo mu kwezi gushize

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziravuga ko yagabye ibitero “bikomeye” kuri Iran mu rwego rwo gusubiza ibitero ku bwato butatu bwa peteroli mu Muhora wa Hormuz.

Ubuyobozi bukuru bw’Ingabo za Amerika (Centcom) bwatangaje mu masaha akuze kuwa Kabiri ko bwagabye ibitero birenga 80, harimo n’icyo ku bwato buto burenga 60 bw’ingabo za Iran  (Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC).

Itangazamakuru rya Leta ya Iran ryavuze ko ibitero byibasiye ikirwa cya Qeshm, Bandar Abbas na Sirik, bisiga abantu bamwe bakomerekejwe n’ibisasu.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, IRGC yavuze ko yasubije ibitero byo kwihorera ku birindiro bya gisirikare bya Amerika muri Bahrain na Koweti.

Mu kwezi gushize, Tehran na Washington byasinye amasezerano yiswe amasezerano y’ubwumvikane, agamije kongera igihe cy’agahenge no kurangiza intambara “ku mpande zose”.

Hagati aho, mu nama yabereye muri Turkiya, Umuyobozi wa OTAN, Mark Rutte, yavuze ko ibitero bya Amerika “byari bikenewe cyane” kandi ashinja Iran kutubahiriza amasezerano yagiranye na Amerika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply