cc3b4daa-dc58-4d01-8ae2-0324119b95c2.jpg

Iran yihimuye kuri Amerika

Sangiza iyi nkuru

Intambara y’amagambo n’ibitero hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran yongeye gukaza umurego mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira ku wa 9 Nyakanga 2026, aho impande zombi zashyamiranye ku nshuro ya kabiri mu masaha atarenze 48.

Igisirikare cya Amerika cyatangaje ko cyagabye ibitero ku ntego zigera kuri 90 z’igisirikare cya Iran zirimo ubwirinzi bwo mu kirere, ububiko bw’ibisasu bya missiles na drones, ibikorwa byo kugenzura inkombe ndetse n’ibikorwaremezo bifasha ibikorwa bya gisirikare. Amerika ivuga ko ibi bikorwa bigamije kugabanya ubushobozi bwa Iran bwo kugaba ibitero ku bwato bw’ubucuruzi bunyura mu muhora wa Hormuz.

Ni ibitero bikurikiye ibindi Amerika yari yagabye mu ijoro ryabanje, bituma umubare w’intego yibasiwe mu minsi ibiri ugera kuri 170.

Ku ruhande rwa Iran, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abantu 14 bamaze gupfa mu bitero bya Amerika byo muri ayo majoro abiri, mu gihe abandi 78 bakomeretse. Muri bo, 47 baracyari mu bitaro. Ibinyamakuru bya Leta ya Iran kandi byavuze ko hari abandi bantu batatu bishwe mu gitero cyagabwe hafi y’umujyi wa Ahvaz.

Mu rwego rwo kwihimura, Iran yatangaje ko yagabye ibitero bya drones ku birindiro by’igisirikare bya Amerika biri muri Qatar, Kuwait na Bahrain. Bahrain yavuze ko ubwirinzi bwayo bwo mu kirere bwashoboye kurasa no gusenya bimwe muri ibyo bitero, mu gihe Kuwait na Qatar na byo byatangaje ingamba z’umutekano nyuma y’ibitero byavuzwe.

Perezida Donald Trump yavuze ko Amerika “yakubise Iran bikomeye”, anemeza ko Tehran yamaze gusaba ibiganiro bishya. Gusa yavuze ko agishidikanya niba Iran “ikwiriye kugirirwa icyizere” mu masezerano ayo ari yo yose, mu gihe ubutegetsi bwa Iran butaremeza ayo makuru.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Iran akaba n’ukuriye abaganira na Amerika, Mohammad Bagher Ghalibaf, yavuze ko Amerika “itaramenya ko iterabwoba no kutubahiriza amasezerano bitakomeza kubura ingaruka.”

Nubwo imirwano yongeye gukaza umurego, isoko ry’ibikomoka kuri peteroli ryakomeje kugaragaza ituze ugereranyije n’uko byari byitezwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply