1785479629800

Bujumbura: Barijujutira kurutishwa inkomere za FARDC na Wazalendo

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bakenera serivisi z’ubuvuzi ku Bitaro byigenga bya Tanganyika biri mu gace kitwa Nyabugete, muri Mugere mu Mujyi wa Bujumbura, barijujutira serivisi z’ubuvuzi mbi bahabwa kuko batinda kuvurwa mu gihe ibitaro bishyize imbere ku kwita ku nkomere za FARDC na Wazalendo ziri kuhavurirwa.

Amakuru yizewe agera kuri SOS Médias Burundi avuga ko kuri ibi bitaro hari kuvurirwa inkomere ziri hagati ya 80-120 zakomerekeye mu mirwano iri kubera mu burasirazuba bwa DR Congo.

Aya makuru avuga ko inkomere za mbere zatangiye kugera muri ibi bitaro mu matariki 10 ya Nyakanga 2026, ko kuba icyo gihe umubare w’inkomere wiyongereye bigatuma abaturage basanzwe bahivuriza, batangira kubura serivisi.

Umwe muri aba baturage ati ” Abaganga n’abaforomo bitaye cyane kuri abo basirikare, abandi barwayi ni ugutegereza cyane kugira ngo bitabweho.”

Hari kandi n’abavuga ko ibi bitaro ari iby’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen Prime Niyongabo ndetse ko n’igiciro cyo kuvurwa kiri kwishyurwa na Gitega. Ni amakuru bigoye kwemeza.

Aba baturage barasaba Minisiteri y’Ubuzima n’iy’Ingabo, ko bakohereza izo nkomere mu Bitaro bya Gisirikare bya Kamenge cyangwa muri DR Congo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply