1785488501232_copy_1000x685

Rurambo iri hafi ya Uvira yafashwe na M23

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa AFC/M23 ku wa Kane tariki ya 30 Nyakanga, wigaruriye agace ka Rurambo ko mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kukirukanamo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Agace ka Rurambo gasanzwe kabarizwa muri Teritwari ya Uvira, mu bilometero 40 uvuye mu mujyi wa Uvira nyirizina.

Amakuru atandukanye yemeza ko M23 yafashe kariya gace ahagana ku mugoroba, nyuma yo kwigarurira utundi duce turimo Kabanju na Milimba.

Si ubwa mbere AFC/M23 ifata turiya duce, dore ko mu Ukuboza 2025 mbere y’uko ifata umujyi wa Uvira, Rurambo n’uduce tuyikikije hari mu hantu uriya mutwe wabanje gufata.

Kugeza ubu ntibizwi niba uyu mutwe uteganya kongera kongera gufata uriya mujyi wa kabiri munini muri Kivu y’Amajyepfo wigeze kugenzura, gusa ukaza kuwukurwamo n’igitutu cy’amahanga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply