Guverinoma y’u Burundi yashinje Canada kugira uruhare mu gushishikariza ibikorwa bibangamira umutekano wabwo, nyuma y’uko umutwe wa RED-Tabara ushyize hanze amashusho agaragaza umwe mu barwanyi bawo uvuga ko yavuye muri Canada akaza kwinjira muri uwo mutwe.
Mu mashusho yatangajwe ku rubuga rwa YouTube rwa RED-Tabara, agaragaramo umugore uvuga ko yahoze akorera muri Canada, ariko aza gufata icyemezo cyo kureka akazi ke kugira ngo yinjire mu rugamba rw’uwo mutwe.
Uyu mugore yumvikana agira ati: “N’ubuzima bwacu twabutanga, bitari kugira ngo dukire twenyine, ahubwo kugira ngo Abarundi bose n’abadukomokaho twamaze kubyara n’abo tuzabyara babeho neza.”
Yavuze kandi ko yizeye ko urugamba RED-Tabara irimo ruzageza ku cyo yise kubohora u Burundi.
Nyuma y’itangazwa ry’ayo mashusho, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Dr. Edouard Bizimana, yanditse ku rubuga rwa X ashinja Canada gushyigikira ibikorwa byo guteza akavuyo no gucamo ibice u Burundi ndetse n’akarere.
Yagize ati: “Umurwanyi w’Umunyakanadakazi wa RED-Tabara agaragaza ko hari ibihugu bishishikariza umutekano muke n’amacakubiri mu Burundi no mu karere. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burundi iri gukurikiranira hafi abadipolomate bose bagira uruhare mu bikorwa by’ubugome, kandi hazafatwa ingamba zibakwiye.”
Ubu butumwa yabumenyesheje kandi Minisitiri w’Intebe wa Canada, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Canada ndetse n’iy’u Bubiligi.
Ibi bibaye mu gihe RED-Tabara yatangaje ko igeze ku cyo yise “urwego rwa nyuma” rwo kwitegura mbere yo gutangiza ku mugaragaro urugamba ivuga ko rugamije gukuraho ubutegetsi buriho no “kubohora u Burundi.”
U Burundi bwikomye Canada, mu gihe bunamaze igihe bwikoma u Rwanda burushinja gushyigikira RED-Tabara.


