IMG-20260804-WA0017

Leta yisubije ibibanza 6 bitabyajwe umusaruro mu byanya by’inganda

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma y’u Rwanda yisubije ibibanza bitandatu biri mu byanya by’inganda kubera ko abashoramari bananiwe kubyubaka mu gihe cyagenwe, mu rwego rwo kugabanya ikibazo cyo kugundira ubutaka hagamijwe kububyaza umusaruro mu gihe kiri imbere no kwihutisha iterambere ry’inganda.

Ibi byatangajwe ku wa Mbere, itariki ya 3 Kanama, na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Antoine Kajangwe, mu nama rusange ya Sena yasuzumaga iterambere ry’ibyanya by’inganda.

Kajangwe yavuze ko ibyo bibanza birimo bitanu biri muri Rwamagana Industrial Park n’ikindi kiri muri Musanze Industrial Park. Ubutaka buzahabwa abashoramari biteguye gushyira mu bikorwa imishinga yabo.

Kajangwe yabwiye abasenateri ati: “Ibibanza bitandatu byakuweho uburenganzira ni intangiriro gusa. Dufite abandi bashoramari benshi batubahirije igihe cyagenwe mu masezerano yabo, kandi aho bibaye ngombwa, tuzafata ubutaka tubuhe abiteguye gushora imari.”

Yasobanuye ko abashoramari basabwa kubahiriza ibyiciro by’iterambere biteganyijwe mu masezerano yabo, yongeraho ko kudakora ibyo biha leta uburenganzira bwo kwisubiza ubwo butaka.

Iki ni icyemezo kije mu gihe leta ishaka guca intege imyitwarire yo gufata ubutaka bwagenewe inganda hagamijwe kubucuruza no kubwungukiramo (speculation) aho kubwubakaho inganda nyirizina.

Nk’uko Kajangwe abivuga, u Rwanda rwahaye abashoramari 405 ubutaka bwo gukoreramo mu byanya by’inganda. Muri byo, imishinga 193 yararangiye, kandi 179 irimo gushyirwa mu bikorwa, naho 120 ntiratangira. Imishinga 15 yagize gutinda, harimo itanu i Rwamagana, ine i Musanze, ine i Rusizi, n’ibiri i Huye.

Abasenateri batandukanye bashyigikiye iyi gahunda, bavuga ko ikwiye kwagurwa kugira ngo ubutaka budakoreshwa mu duce tw’inganda bubashe kubyazwa umusaruro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply