Umutwe wa MRDP/M23 watangaje ko ihuriro rigizwe n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), iz’u Burundi (FNDB), umutwe wa FDLR n’abarwanyi ba Wazalendo ryongeye kwisuganya mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’igihe muri aka gace hagaragara agahenge.
Byatangajwe n’Umuvugizi wa MRDP/M23 ku rwego rwa gisirikare, Colonel Rugabo Fidèle, mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa 7 Kanama 2026.
Yagize ati: “Nyuma yo gutakaza Kimete na Kabanja, abanzi b’amahoro ari bo FARDC, FNDB, FDLR na Wazalendo bongeye kwisuganya.”
Yakomeje avuga ko ku murongo wa Nagatete hari batayo imwe y’ingabo z’u Burundi, ku wa Lulimba hakaba ‘rĂ©giment’ ebyiri za FARDC, mu gihe ku wa Kilembwe hari batayo ebyiri za FDLR, avuga ko zose zerekejwe mu gace ka Kabanja.
Colonel Rugabo Fidèle yavuze ko MRDP/M23 yiteguye guhangana n’icyo yise kongera kwisuganya kw’iri huriro, ati: “Tuzarengera abaturage bacu.”
Ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa ryongeye kwisuganya, mu gihe muri Sud-Kivu hari hamaze igihe hagaragara ituze ugereranyije n’imirwano yari imaze amezi ibera muri iyo ntara.
Kugeza ubu, ubuyobozi bwa FARDC, ingabo z’u Burundi ndetse n’abandi bavuzwe muri aya makuru ntibaragira icyo batangaza ku byo MRDP/M23 ivuga.


