Mu mujyi wa La Haye wo mu Buholandi hagiye gutangwa ikirego gisaba ubutabera ku bwicanyi bwakorewe Abanyamulenge mu nkambi ya Gatumba mu Burundi, nyuma y’imyaka 22 harabuze ubutabera ku bantu 152 bishwe.
Kuri uyu wa 13 Kanama 2026, ni bwo Abanyamulenge n’inshuti zabo hirya no hino ku isi bibuka buriya bwicanyi.
Mu ijoro ryo ku wa 13 Kanama 2004, abarwanyi bitwaje intwaro bateye inkambi yari icumbikiye impunzi z’Abanyekongo, benshi muri bo bakaba bari Abanyamulenge.
Human Rights Watch ivuga ko nibura abantu 152 bishwe, abandi 106 bagakomereka. Amnesty International yo ivuga ko abarenga 160 baguye muri ubwo bwicanyi.
Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda akaba n’impuguke mu gukemura amakimbirane mu karere k’Ibiyaga Bigari, Dr. Shyaka Mugabe AggĂ©e, yabwiye BWIZA ko n’ubwo hashize imyaka 22 ubwo bwicanyi bubaye, Leta y’u Burundi itaragaragaza ubushake buhagije bwo gutanga ubutabera ku babukorewe.
Yagize ati: “Imyaka 22 irashize uyu munsi Abanyamulenge barenga 160 biciwe i Gatumba. Iyo abantu benshi babivuga, ntibasobanura ko bishwe batoranyijwe mu bandi. Kuba Abanyamulenge barishwe bonyine ni kimwe mu bimenyetso bigaragaza ko hashobora kuba hari umugambi wo kubarimbura.”
Yakomeje ati: “Ababikoze barabyiyemereye. Ku maradiyo mpuzamahanga, uwari umuvugizi wa FNL, Pasiteri Habimana, yigeze kubivugaho. Nyuma yaho, yaje guhabwa imyanya muri Leta y’u Burundi. Kuva icyo gihe, ubutabera bwakomeje gusabwa, ndetse hari n’igihe byagejejwe mu nkiko z’u Burundi, ariko kubera inyungu za politiki, ntawamenya aho byahagaze.”
Dr. Shyaka yavuze ko kuba Leta y’u Burundi ikorana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe Abanyamulenge bakomeje kuvuga ko bahura n’ibibazo by’umutekano, bituma ikibazo cy’ubutabera kuri bo gikomeza kuba ingorabahizi.
Yongeyeho ko afite amakuru avuga ko Kominote y’Abanyamulenge mu Burundi itacyemerewe gukora nk’uko byahoze, avuga ko ibi bishobora kuba bifitanye isano n’ubushake bwo kubuza abayigize gukomeza kugaragaza ibibazo byabo.
Ati: “Uyu mwaka dufite amakuru y’uko Kominote y’Abanyamulenge mu Burundi itacyemerewe gukora mu buryo busanzwe. Ntekereza ko kimwe mu byaba bigamijwe ari ukubabuza gukomeza kuzamura ijwi ryabo no kumvikanisha akarengane bavuga ko bakorerwa.”
Dr. Shyaka kandi yatangaje ko kuri uyu wa 13 Kanama 2026 hateganyijwe gutangwa ikirego i La Haye mu Buholandi, kijyanye n’ubwicanyi n’ibindi byaha byakorewe Abanyamulenge.
Yavuze ko guhitamo iyi tariki bifite igisobanuro cyihariye, kuko ari umunsi hibukwaho imyaka 22 ishize abantu bishwe muri ubwo bwicanyi, ndetse n’imyaka bamaze basaba ko barenganurwa.
Ati: “Ku itariki ya 13 Kanama 2026, ikirego kizatangwa i La Haye mu Buholandi kuri ibi bibazo by’ubwicanyi bwakomeje gukorerwa Abanyamulenge. Impamvu yo kugitanga kuri iyi tariki ifite igisobanuro, kuko ari umunsi wo kwibuka imyaka irenga 20 abo bantu bishwe, bagatakamba basaba kurenganurwa ariko ntihagire igikorwa.”
Abaguye mu bwicanyi bw’i Gatumba barimo abagore n’abana, ndetse n’abandi bari barahunze imirwano yabaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashaka ubuhungiro mu Burundi.


