Abantu nibura 100 bapfuye nyuma y’iriduka ry’ikirombe cya zahabu gikorerwamo ubucukuzi butemewe n’amategeko muri Repubulika ya Centrafrique, hafi y’umupaka wa Cameroun.
Iyi mpanuka yabereye ku wa Kabiri tariki ya 18 Kanama 2026, ahitwa Zamboye, ku birometero hafi 50 uvuye mu mujyi wa Baboua. Abatabazi baracyashakisha abantu bashobora kuba bakiri munsi y’ibitaka.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanye igice kinini cy’ubutaka ku kirombe gifunguye cyaridutse, kigatembana n’abantu bahakoraga. Bivugwa ko icyo kirombe cyakorwagamo n’abacukuzi babarirwa muri za magana.
Umucukuzi witwa CĂ©dric Mbango yabwiye AFP ko ubutaka bwaguye hejuru y’abantu, avuga ko iyi mpanuka yari ikomeye cyane.
Ubushinjacyaha bwa Baboua bwatangaje ko impanuka ishobora kuba yaratewe no gusenyuka kw’imiyoboro yo munsi y’ubutaka, aho abacukuzi bari bari gukorera. Hatangijwe iperereza kugira ngo hamenyekane neza icyateye iyo mpanuka n’inshingano za buri ruhande.
Ubuyobozi bwaho bwavuze ko hakiri kare gutangaza umubare nyawo w’abapfuye, ariko amakuru aturuka muri ako gace avuga ko abarenga 100 bamaze kubura ubuzima. Abandi benshi bakomeretse bajyanwe kuvurirwa mu bitaro bya Baboua.
Byibuze bane mu bapfuye bari Abanya-Cameroun, nk’uko ikinyamakuru Cameroon Tribune cyabitangaje.
Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe ni ikibazo kimaze igihe muri Repubulika ya Centrafrique, cyane cyane ahantu ibikorwa by’ubucukuzi bidakurikiranwa n’inzego za Leta.
Guverineri w’intara y’Uburasirazuba bwa Cameroun, Grégoire Mvongo, yavuze ko igihugu cye kiri gukorana n’ubuyobozi bwa Repubulika ya Centrafrique mu guhangana n’ingaruka z’iyi mpanuka.
Iyi mpanuka ibaye nyuma y’izindi mpanuka zagiye zibera mu bucukuzi bwa zahabu muri aka karere. Muri Kamena 2026, abantu benshi bapfuye ubwo ikirombe cya zahabu ahitwa Be-Mbari, na ho hafi y’umupaka wa Repubulika ya Centrafrique na Cameroun, cyasenyukaga.
Muri Werurwe, abantu barindwi bari bapfiriye mu kirombe cyo mu mudugudu wa Ngourroum, mu burengerazuba bwa Repubulika ya Centrafrique. Muri Gashyantare na bwo, abandi bantu 20 bari bapfuye mu mpanuka y’ikirombe ahitwa Gordi, mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’iki gihugu.


