Umutwe wa Twirwaneho wemeje ko wo na AFC/M23 bamaze kugera hafi y’umujyi wa Uvira, nyuma yo gufata ibirindiro ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa ryari rifite mu duce dutandukanye turi hafi y’uriya mujyi wo muri Kivu y’Amajyepfo.
Ku Cyumweru tariki ya 23 Kanama ni bwo Twirwaneho na AFC/M23 bigaruriye uduce twa Rubarati na Marimba.
Umuvugizi w’Ingabo za Twirwaneho, Col. Rugabo Fidèle, yasobanuye ko Rubarati yafashwe ubwo ingabo ziganjemo iz’u Burundi zayiturukagamo zikagaba ibitero ku ihuriro ry’ingabo zabo. Yavuze ko nyuma y’ifatwa ry’ako gace umwanzi yongeye kubatera, biba ngombwa ko anirukanwa muri Marimba.
Rugabo yemeje ko muri iyo mirwano AFC/M23 na Twirwaneho bafatiyemo ibikoresho byinshi bya gisirikare birimo n’imbunda zikomeye, anaburira ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ko nizikomeza kwigira nabi zamburwa n’utundi duce.
Ati: “Yaba Marimba yabaye tombé, yaba Rubarati yabaye tombé, kandi n’ahandi nibagumya kwigira nabi turaje. Tombé ni tombé ubu ngubu nta kindi, kandi na Ruhuha iri hafi aho.”
Rugabo yashimangiye ko Twirwaneho na AFC/M23 badashobora kwihanganira ko ingabo za Kinshasa zikomeza kubangamira abaturage zibafungira amayira.
Uyu musirikare yavuze ko kuri ubu aho Twirwaneho na AFC/M23 bari atari kure y’umujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ati: “Aho duhagaze ubu ntibagire ngo ni kure ya Uvira. Ni hafi. Umuntu ashobora kureba gutya (kunama) agahita abosa isamaki [yo mu kiyaga cya Tanganyika.”
Rugabo kandi yaburiye ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC ziri mu mijyi ya Uvira na Baraka ko nizikomeza ubushotoranyi, bizarangira iyi mijyi yombi ifashwe.
Ati: “Hagati ya Uvira na Baraka biterwa n’aho bazaducokoreza. Nibacokoza turabatumiye, kandi bitegure ko tuyirya (isamaki). Ni ukuvuga ngo ab’i Uvira batangiye [ubushotoranyi] twarya iy’i Uvira.”
Yasabye Wazalendo, FARDC n’ingabo z’u Burundi gufungura inzira zirimo ihuza Minembwe na Uvira zigifunze, bitaba ibyo AFC/M23 na Twirwaneho bakajya kubyikorera.


