Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kiratangaza ko cyivuganye inyeshyamba 20 mu bikorwa bya Sokola II byakozwe muri uku kwezi gushize kwa Kanama. Imibare itangwa n’ingabo ikaba ivuga ko muri izo nyeshyamba harimo 6 za FDLR, izindi 14 zikava mu yindi mitwe y’Abanyekongo.
Ibi bikorwa kandi ngo byanatumye FARDC ita muri yombi inyeshyamba 25 za FDLR mu gihe izindi 24 zishyikirije Monusco nk’uko byemejwe n’umuvugizi wa Sokola II, Capt. Guillaume Ndjike Kaiko.
Amakuru akomeza avuga ko abandi barwanyi 10 bo mu mitwe yitwaje ibirwanisho y’abanyagihugu batawe muri yombi abandi 7 bakishyikiriza Monusco.
Capt. Ndjike kandi yasobanuye ko ingabo za Congo muri ibyo bikorwa zahurije hamwe abantu 73 bo mu miryango y’abarwanyi ba FDLR nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.
Igisikare kandi ngo cyabashije kwaka inyeshyamba imbunda 16 za AK 47, RTG7 ebyiri, mortier 60 imwe, imbunda irasa ikibatsi, imbunda yo mu bwoko bwa Falo n’izindi ntwaro gakondo nyinshi.
Capt Ndjike akaba yasabye abaturage kwitandukanya n’imitwe yitwaje ibirwanisho ahubwo bagafatanya n’ingabo z’igihugu.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



