Imboberakure enye zishwe izindi ebyiri zirashimutwa, ubwo zagabwagaho igitero muri Komini Burambi ho mu ntara ya Rumonge iherereye mu Burengerazuba bw’u Burundi.
Ni igitero cyagabwe mu ijoro ryakeye ahitwa Kiganza muri zone ya Maramvya, ubwo ruriya rubyiruko rwo mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi rwari ku irondo.
Uretse abishwe n’abashimuswe, hari n’izindi Mbonerakure eshatu zakomerekeye muri icyo gitero. Ni igitero bivugwa ko abakigabye bari bambaye impuzankano ya Polisi y’u Burundi, gusa ntiharamenyekana niba abakigabye ari abapolisi koko.
Ntacyo inzego zishinzwe umutekano mu Burundi ziratangaza kuri icyo gitero, kimwe n’ibindi bikunze kugabwa muri iriya ntara ya Rumonge ihana imbibi n’igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no mu bindi bice by’igihugu.
Muri iyi minsi u Burundi bwugarijwe n’ibitero by’abitwaje intwaro, gusa ntiharamenyekana neza abakomeje kubigaba n’icyo bagamije.
Umutwe wa Red-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi uherutse kwigamba igitero cyaguyemo abantu batandatu muri Komini Matongo iherereye mu ntara ya Kayanza, gusa nyuma yacyo hagiye haba ibindi bitero bitagize ababyigamba.


