Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 10

img-20200916-wa0044.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 16 Nzeri 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 10 mu bipimo 1603 byafashwe. Abanduye barimo 5 banonetse i Kigali, 1 wabonetse i Bugesera, 1 wabonetse i Burera, 1 wabonetse muri Gasabo, 1 wabonetse i Gicumbi n’undi wabonetse i Nyamagabe. Abamaze gukira iki cyorezo ni 2789 barimo […]

Uganda yitabaje indege mu kwiruka ku mfungwa 50 zatorokanye imbunda zirenga 36

Imfungwa 50 zari zifungiwe muri gereza iri mu kigo cya gisirikare cya Moroto iherereye mu Karere ka Moroto mu majyaruguru ya Uganda, zatorokanye imbunda zirenga 36 biba ngombwa ko iki gisirikare cyifashisha indege ya kajugujugu mu kuzirukaho. Ibi byabaye mu masaa cyenda y’igicamunsi, ubwo izi mfungwa zagaragaraga mu myambaro yazo y’umuhondo, zurira umusozi wa Moroto. […]

Uwahoze ari Perezida wa Mali yapfuye ku myaka 83 y’amavuko

Uwahoze ari Perezida wa Mali, Moussa TraorĂ©, wagiye ku butegetsi afite ipeti rya Lieutenant amaze guhirika uwari uburiho, akayoboresha igihugu inkoni y’icyuma kugeza nawe ahiritswe mu 1991, yapfiriye i Bamako kuri uyu wa Kabiri, itariki 15 Nzeri, ku myaka 83 y’amavuko nk’uko byatangajwe n’umuryango. TraorĂ© yahiritse uwafatwaga nk”Umubyeyi w’ubwigenge bwa Mali”, Modibo Keita, perezida wa […]

BK yasabwe gukosora ikibazo cy’ibendera ry’u Rwanda yazamuye ahadakwiye

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu yasabye Banki ya Kigali gukosora ikibazo cy’ibendera ry’u Rwanda ryazamuwe mu buryo budakwiye ku ishami ryayo rya Ruyenzi mu Karere Kamonyi. Ni nyuma y’aho abakoresha urubuga rwa Twitter bagaragarije iyi foto, yerekana iri bendera rizamuriwe mu ibaraza ry’iyi nyubako iri shami ry’iyi banki rikoreramo. Munyaneza Theogene mu butumwa yamenyesheje inzego zirimo Minisiteri […]

Gucibwa Intege byatumye mwishywa wa Adebayor yanga kuza muri Rayon Sports

Perezida wa Rayon Sports Munyakazi Sadate, yatangaje ko umunya-Togo, Alex Harlley, wari witezwe muri Rayon Sports nyuma yo kumwemeza nk’umukinnyi wayo atakiyijemo. Tariki 19 Kamena 2020 ni bwo Rayon Sports yari yatangaje ko yasinyishije uriya mukinnyi usanzwe ari mwishywa wa Emmanuel Adebayor imukuye Las Vegas Lights FC ibarizwa mu kiciro cya kane muri Leta zunze […]

Nyuma yo gushaka kwiyahura, Miss Vanessa yongeye kugaragarizwa urukundo n’uwari umukunzi we

Miss Vanessa wagerageje kwiyahura mu minsi ishize

Nyuma yo kugerageza kwiyahura agakizwa n’muvandime we, Miss Uwase Vanessa Raissa biravugwako ashobora kongera gusuburirana n’umunyemari Putin Kubalu wari umuteye kwiyambura ubuzima. Nyuma y’igihe kitari gito bari bamaze ntawe usangiza abamukurikira ifoto y’umukunzi we, kuri ubu Putin Kubalu yongeye gushyira hanze ifoto ya Vanessa iherekejwe n’amagambo amushimagiza aho amugereranya n’umwamikazi we. Uyu munyemari ukomoka muri […]

Mu mafoto: Irebere aba ‘Yali’ bazwiho kurya abantu

img-20200916-wa0021.jpg

Mu gace ka Papua gaherereye mu kibaya cya Ballem mu gihugu cya Indonesia, hari ubwoko bw’abantu bitwa aba ‘Yali’ bazwiho kuba barya inyama z’abantu. Aba ‘Yali’ ni bamwe mu bantu ku Isi batuye bonyine, bijyanye n’uko ikibaya cya Ballem kiri kure cyane y’aho abandi bantu batuye, ibirenze ibyo urugendo rwo kukigeramo rukaba ari rurerure cyane […]

U Rwanda ku mwanya wa 66 mu bihugu byahungabanyijwe n’ibikorwa by’iterabwoba

Ikigo cyo muri Australia gikora ubushakashatsi ku bukungu n’amahoro, IEP (Institude for Economics and Peace) muri raporo yacyo ngarukamwaka ya ‘Global Terrorism Index’ cyashyize u Rwanda ku mwanya wa 66 ku Isi mu bihugu byagizweho ingaruka n’ibikorwa by’iterabwoba. Iki kigo gisobanura iterabwoba nk’uburyo bwo gukora urugomo rwo guhahaza bikorwa n’umuntu utegamiye kuri leta, ushaka kugera […]

Perezida wa Bugesera FC afunzwe azira gusambanya ku ngufu

Perezida w’ikipe ya Bugesera FC, Gahigi Jean Claude, ari mu maboko y’ubugenzacyaha akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umuntu mukuru. Iki cyaha Gahigi ashinjwa ko yagikoze tariki ya 9 Nzeri 2020 nyuma ahita atabwa muri yombi ndetse anakorerwa dosiye, bikavugwa ko dosiye ye yashyikirijwe ubushinjacyaha. Umuvugizi wa RIB Dr Murangira Thiery, yavuze ko […]

Umuraperikazi Cardi B yagiye gusaba gatanya hagati ye n’umuraperi Offset

Umuraperikazi Cardi B, kuri uyu wa Kabiri, itariki 15 Nzeri, yagiye gusaba gatanya hagati ye n’umugabo we nawe w’umuraperi ukomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uzwi nka Offset, ubarizwa mu itsinda Migos, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Page Six. Ni gatanya asaba mu buyobozi bw’akarere ka Fulton ko muri Georgia. Aba bahanzi bombi bamaranye imyaka itatu […]

Nta Mututsi wakijijwe n’Imana muri Jenoside kimwe n’uko nta Muhutu wohejwe na Satani_Tom Ndahiro

Umwanditsi akaba n’umushakashatsi kuri Jenoside, Tom Ndahiro yanenze abavuga ko Abatutsi bakijijwe n’Imana muri Jenoside mu 1994 kandi bazi neza ko bakijijwe n’Inkotanyi. Anavuga ko kwemera Imana y’Abayahudi ari Umunyarwanda byagabanya Ubunyarwanda bumurimo. Mu kiganiro Tom Ndahiro yagiranye na Popote TV, yahamije ko we atemera Imana, aho avuga ko n’abemera Imana y’Abayahudi ari Abanyarwanda baba […]

Kayonza: Hatangijwe umushinga w’asaga miliyari 80 ugamije kurwanya amapfa

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Mukeshimana Gerardine, kuri uyu wa Kabiri, itariki 15 Nzeri, yatangije ku mugaragaro umushinga mugari wo kuhira no gutunganya ibishanga mu karere ka Kayonza uzamara imyaka 6. Uyu mushinga uzafasha akarere mu guhangana n’amapfa ajya akibasira, atewe n’izuba rikunze kuva igihe kirekire. Uyu mushinga watangijwe ku bufatanye bwa minisiteri y’ubuhinzi n’Ikigega Mpuzamahanga giteza […]

Amashusho y’indirimbo ni’uhimbazwe ya Fortran akomeje kwishimirwa cyane

Amashusho y’indirimbo nshya y’umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana ukomoka mu Burundi, Fortran Bigirimana yasohoye yise ‘N’uhimbazwe’ , yarategerejwe na benshi mu bakunzib’indirimbo zihimbaza Imana. Iyi ndirimbo yasohotse iri kuri Album yise “Turidegemvya” iriho indirimbo nyinshi zirimo na “N’uhimbazwe” yasohoye, atigeze abona umwanya wo kumenyekanisha yaba mu Burundi no mu Rwanda nk’uko yabitangaje. Ati “Nagomba guhita ngaruka […]

Burundi: Abambaye nka Polisi bishe Imbonerakure enye, ebyiri zirashimutwa

Imboberakure enye zishwe izindi ebyiri zirashimutwa, ubwo zagabwagaho igitero muri Komini Burambi ho mu ntara ya Rumonge iherereye mu Burengerazuba bw’u Burundi. Ni igitero cyagabwe mu ijoro ryakeye ahitwa Kiganza muri zone ya Maramvya, ubwo ruriya rubyiruko rwo mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi rwari ku irondo. Uretse abishwe n’abashimuswe, hari n’izindi Mbonerakure […]

Pasiteri Zigirinshuti ntashyigikiye abaka abakirisitu amaturo muri ibi bihe

Umushumba mu itorero ADEPR, Michel Zigirinshuti asanga bidakwiye ko abayobozi b’amadini n’amatotero baka abayoboke babo amaturo muri ibi bihe, mu gihe bo usanga ntacyo bigeze babamarira; ababikora ngo basa n’abakama inka bataragiye. Mu kiganiro Pasiteri Zigirinshuti yagiranye na Bwiza TV, yavuze ku myitwarire ikwiriye kuranga umushumba w’intama nyawe mu bihe bigoye, aho yavuze ko umushumba […]

Kenya yakuyeho inzitizi yari yarashyiriyeho abanya-Tanzania

Minisiteri y’Ubuzima mu gihugu cya Kenya, yavuguruye amabwiriza yo gukumira icyorezo cya Covid-19 yari yarashyizeho, ihita ikuraho akato k’iminsi 14 kari karashyiriweho abanya-Tanzania bageraga ku butaka bwa Kenya. Ni nyuma gato y’uko Ikigo cya Kenya gishinzwe indege za gisivile gishyize Tanzania mu bihugu indege zabyo zitwara abagenzi zemerewe kugwa ku butaka bwa Kenya. Tanzania yashyizwe […]

Perezida Kagame yerekanye ifoto ari kumwe n’umwuzukuru

Perezida Kagame kuri uyu wa 15 Nzeri 2020 yashyize ku rubuga rwa Twitter ifoto ari kumwe n’umwuzukuru we, yongeraho ko bagiranye impera z’icyumweru nziza. Umukuru w’Igihugu agaragara muri iyi foto afashe uyu mwana w’uruhinja, agira ati: “Nagize impera z’icyumweru nziza n’aka karemwamuntu keza cyane.” Uyu mwuzukuru we yabyawe na Ingabire Ange Kagame na Bertrand Ndengeyingoma […]

Kigali: Urubanza rw’abantu 32 bashinjwa iterabwoba rwasubukuwe

Urubanza ruregwamo abantu 32 bakekwaho iterabwoba bafitanye isano n’ishyaka RNC n’indi mitwe yitwara gisirikare, rwasubukuwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 15 Nzeri, mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kanombe, mu Karere ka Kicukiro. Abakekwaho icyaha bose usibye umwe, bari bari mu cyumba cy’urukiko, cyari cyimukiye by’agateganyo mu cyumba cy’abikorera ku giti cyabo kiri hafi y’urukiko […]

Rubavu: Yafatanwe amadolari 3,700 y’amahimbano

Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu, mu Murenge wa Gisenyi, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 14 Nzeri, ku makuru yatanzwe n’abaturage, yafashe Muhawenimana Claire w’imyaka 26, yafatanwe inoti z’ijana 37 z’amadorali y’Amerika y’amahimbano zihwanye na 3,700$ . Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko bamwe […]