Uwihaye ipeti rya General witwa Mando n’inyeshyamba ze bakorera mu Ntara ya Maniema kuva mu 1964, bategereje ukuboko kwa guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ngo amaherezo bitange bashyire intwaro hasi.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa kabiri, tariki ya 22 Nzeri 2020, minisitiri w’intara ushinzwe umutekano rusange, Roger Kimbwasa yavuze ko ibintu byose biri mu nzira yo gutungana ngo izi nyeshyamba zishyire mu maboko ya leta.
Roger Kimbwasa ati: “Ingabo ziva ku Mana za Simba z’uwiyise Jenerali, Mando zirahari, yari yahageze kuva ku ya 16 Nzeri ari kumwe n’abasirikare be bagera kuri makumyabiri bitwaje intwaro, bategereje kwitanga kandi turi kuvugana nabo; dutegereje gusa kugaruka kwa guverineri w’intara kugira ngo dufate itariki yo kubasura ”.
Yavuze ko Mando n’abantu be bakoreraga mu mashyamba yo muri Teritwari ya Lubutu.
Abaturage bo muri kariya gace k’igihugu bari babayeho bahangayikishijwe n’uko hari impande ebyiri zihanganye; ingabo za leta ndetse n’inyeshyamba za Simba ziyobowe na Gen. Mando.
Icyakora, ku bayobozi, abaturage bashobora kwitabira mu bwisanzure imirimo yabo ya buri munsi.


