Umunyanigeriyakazi, Brisbane akomeje kwerekana uburyohe ahura nabwo mu rukundo nyuma yo gushaka abagabo 2 b’ibigango babana mu nzu imwe.
Mu butumwa uyu mugore akomeje kunyuza ku rubuga rwa Twitter, akangurira abandi bagore gushaka abagabo barenze umwe cyane ko we wababimburiye asanga ntako bisa kubana n’abagabo 2 bose uzi neza ko ari abawe. Yagize ati: ” Kurongorwa n’abagabo 2 >>>> kurongorwa n’umugabo umwe 1”.(Utumenyetso >>> tumenyesha ko biruta)
Mu bamukurikira Kuri Twitter biganjemo abagore, bakomeje kugenda bamwibasira aho bamushinja gukoresha amarozi mu kwigarurira imitima y’abo bagabo be, mu gihe abandi bamubonamo igikoresho cy’ikibi kubera gusa n’aho abakangurira ubusambanyi.
Aha muri Nigeria ubusanzwe hari amwe mu moko akigendera ku mahame y’ubuharike (Polygamy/Polyandry) aho umugore ashobora kurongorwa n’abagabo barenze umwe. Gusa Guverinoma ya Nigeria yaciye bene iyo mibanire mu mwaka 1987 gusa ntibihujije ko kugeza na nubu aho muri iki gihugu bigikorwa.


