U Bubiligi bwiteguye kwakira abaturutse mu Rwanda butabanje kubapima Covid-19

Sangiza iyi nkuru

U Bubiligi bufitiye icyizere u Rwanda na Koreya y’Epfo mu bijyanye no guhangana n’icyorezo cya Covid-19 ku buryo ugezeyo aturutse muri ibi bihugu byonyine, atari gupimwa cyangwa ngo ashyirwe mu kato.

Nk’uko tubikesha Brussels Times, aya makuru yemejwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bubiligi.

Iyi Minisititeri yatangaje ko ubu abantu bagiye mu Rwanda na Koreya y’Epfo bapimwa iki cyorezo, babigeramo bakaba bashyirwa mu kato ariko mu gihe basubiyeyo, ntabwo bongera kubikora.

U Bubiligi bwashyizeho aya mabwiriza, butitaye ku rutonde rwose rw’ibihugu 10 ku Isi Umuryango w’Ubumwe bw’i Burayi washyizeho, wemeza ko buri wese yagenderera atikanga icyorezo cya Covid-19.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *