Intambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) ni yo yiganje mu makuru, ariko raporo y’Inteko Ishinga Amategeko ya RD Congo yakiriwe na RFI igaragaza ko ibibazo biri ku mipaka ya DRC birenze kure cyane ibiri ku mupaka n’u Rwanda. Biravugwa ko Abasirikare ba Zambia bigaruriye uduce tubiri two mu Ntara ya Tanganyika. Ubwo kandi imitwe yitwara gisirikare yo muri Centrafrica ikorera muri Bas-Uele, mu gihe Ingabo za Sudani y’Epfo zikunze kwinjira muri Haut-Uele.
Muliro na Moba ni uduce tubiri two mu Ntara ya Tanganyika, mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Jacquemain Shabani, yagarutse kuri utwo duce mu buryo bwihariye imbere y’inteko ishinga amategeko mu Kuboza gushize. Ku bwe, ingabo za Zambia zigaruriye utu duce tubiri twa Congo.
Ntabwo ari ibintu bishya. Muri 2020, abasirikare ba Zambia bari bamaze kuzamura ibendera ryabo ku butaka bwa Congo, mu gace ka Muliro. Umuryango w’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) warabimenyeshejwe. Kinshasa yari yatangaje ko abo basirikare bahavuye, none uyu munsi, ikibazo cyongeye kuvugwa muri raporo y’abadepite, kandi nta gisubizo gifatika cyatanzwe nk’uko inkuru dukesha RFI ivuga.
Hagati aho, umupaka wa Zambiya ntabwo ari wo wonyine ufite ikibazo. Raporo ya Sena yo muri Gicurasi 2025, nayo RFI yabonyeho, igaragaza ubukana bw’iki kibazo. Ku ruhande rwa Angola, ubwato bw’abarobyi b’Abanyekongo buri gihe bufatwa n’Ingabo za Angola zirwanira mu mazi. Ni nako inyeshyamba z’umutwe wa FLEC uharanira ubwigenge bw’Intara ya Cabinda zikunze gucengera muri Kongo Central.
Mu majyaruguru, ku mupaka na Centrafrica, inyeshyamba za Seleka na Anti-balaka zikorera mu nkambi z’impunzi za Bas-Uele. Ingabo za Sudani y’Epfo kandi zivugwaho gucengera ahitwa Faradje, muri Haut-Uele, zishakisha inyeshyamba za SFA. Hanyuma, mu burengerazuba, hamwe na Repubulika ya Congo, amakimbirane arakomeje ku birwa binini n’ibirwa bito byo mu Ruzi rwa Congo n’umugezi wa Ubangi, cyane cyane muri Teritwari ya Libenge.


