Amahoro ku rupapuro, intambara ku rugamba: Ukuri gucukumbuwe ku masezerano ya M23 na Kinshasa

Ubwo i Montreux mu Busuwisi hasinyirwaga amasezerano hagati y’umutwe wa AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, icyizere cyongeye kugaruka mu baturage b’Uburasirazuba bwa Congo. Abenshi batekerezaga ko igihe kigeze ngo amasasu aceceke burundu, ubuzima busubire ku murongo. Ariko uko iminsi ishira, ibiri kugaragara ku rugamba bitandukanye cyane n’ibyanditswe ku mpapuro. Amasezerano yarasinywe, […]

Perezida Kagame ategerejwe kwa Duma Gideon Boko

Perezida Paul Kagame ategerejwe i Gaborone muri Botswana, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri agomba kugirira muri iki gihugu cyo mu majyepfo ya Afurika. Ni uruzinduko Umukuru w’Igihugu yatumiwemo na mugenzi we wa kiriya gihugu, Duma Gideon Boko. Perezidansi ya Botswana mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Mata, yavuze ko Perezida Kagame azasura […]

Trump: ‘Uwagerageje kumuhitana nta sano bifitanye n’intambara ya Iran’

Mu kiganiro n’itangazamakuru nyuma y’igitero cyabereye mu murwa mukuru wa Washington D.C., Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko umuntu wagerageje kumugirira nabi nta sano afitanye n’intambara iri hagati ya Amerika na Iran. Trump yavuze ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko uwo muntu ashobora kuba yarakoze wenyine, amwita “umuntu ufite ibibazo bikomeye […]

FDLR iravugwaho kugaba ibitero muri Uganda no gushimuta abaturage 

Ingabo za Uganda (UPDF) hamwe n’izindi nzego z’umutekano z’iki gihugu, bakajije umutekano ku mupaka wa Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko abaturage bagaragaje impungenge kubera umutekano muke utezwa n’abarwanyi bikekwa ko ari ab’umutwe wa FDLR. Abatuye mu duce twegereye umupaka, cyane cyane muri Nyabwishenya, muri Centre y’ubucuruzi ya Mupaka ndetse n’iya Nkuringo, […]

U Rwanda rugiye gukumira abana batarengeje imyaka 16 ku mbuga nkoranyambaga 

Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo yatangaje ko yatangiye gutegura gahunda yo gukumira abana bafite imyaka 16 kumanura ku mbuga nkoranyambaga, ku buryo batazongera kuzigiraho konti cyangwa kuzijyaho ngo barebe ibyashyizweho bari mu Rwanda. Byatangajwe na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, mu kiganiro yahaye RBA. Ubushakashatsi bwa Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, bwagaragaje ko abana 46% bajya […]

RDC: Ingabo za Zambia zigaruriye uduce twa Muliro na Moba mu Ntara ya Tanganyika

Intambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) ni yo yiganje mu makuru, ariko raporo y’Inteko Ishinga Amategeko ya RD Congo yakiriwe na RFI igaragaza ko ibibazo biri ku mipaka ya DRC birenze kure cyane ibiri ku mupaka n’u Rwanda. Biravugwa ko Abasirikare ba Zambia bigaruriye uduce tubiri two mu Ntara ya […]

Uganda: Ba ofisiye 4 ba UPDF barimo Brig. Gen. Barigye bakurikiranweho kunyereza lisansi 

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye, muri Kampala rwashinje Brig. Gen. James Barigye Ruheesi hamwe n’abandi basirikare bakuru batatu bo mu Gisirikare cya Uganda (UPDF) gukoresha nabi lisansi yagenewe gukoresha mu kazi bakayikoresha mu nyungu zabo bwite. Abaregwa barimo kandi Col. David Ocitti Kidega, Maj. Innocent Kikongo Mugumya, na Capt. Kenneth Labwon Kinyera. Abashinjacyaha bavuga […]

Ituri: Abashinwa 11 n’Abanyekongo 3 batawe muri yombi

Muri Ituri, Abashinwa 11 n’Abanyekongo batatu bacukuraga zahabu mu buryo butemewe n’amategeko mu karere ka Nizi (Teritwari ya Djugu) batawe muri yombi. Nk’uko Guverineri w’Intara ya Ituri abitangaza, ngo abo bantu “bacukura amabuye y’agaciro” mu buryo butemewe n’amategeko mu birombe bya SOKIMO kuva mu 2024 mu gace kamaze igihe karangwamo imitwe yitwaje intwaro myinshi. Abayobozi […]

Mali: Col. Assimi Goita yongeye kugaragara mu ruhame nyuma y’ibitero byo kuwa Gatandatu

Kuri uyu wa Kabiri, umuyobozi wa guverinoma y’igisirikare ya Mali, Col. Assimi Goita, yagaragaye bwa mbere mu ruhame kuva inyeshyamba zagaba ibitero byahurijwe hamwe hirya no hino mu gihugu mu mpera z’icyumweru gishize, arahirira kuri televiziyo guhagarika ababigizemo uruhare. Ku wa Gatandatu, ishami rya al Qaeda muri Afurika y’Iburengerazuba n’umutwe w’inyeshyamba wiganjemo Aba-Tuareg, bibasiye ibirindiro […]

Micky yavuze ko Killaman atahawe inkwano ye kuko atari umubyeyi we

Umukinnyi wa filime nyarwanda Mukobwajana Asifiwe uzwi nka Micky yasobanuye ibyavuzwe ku muhango w’ubukwe bwe na Agiraneza Pacifique, ahamya ko amafaranga y’inkwano ye atigeze ahabwa Niyonshuti Yannick nk’uko bamwe babyibwiraga. Micky yavuze ko kuba Killaman yarambitswe ingofero yambarwa n’abakuru mu mihango yo gukwa bitari bivuze ko ari we wari uhagarariye umuryango wahawe inkwano, ahubwo ko […]

Umunyarwandakazi yakatiwe imyaka 40 muri Malawi

Urukiko Rukuru rwa Lilongwe muri Malawi rwakatiye Gentille Giramata igifungo cy’imyaka 40 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwivugana uwahoze ari umugabo we, NoĂ«l Emile Habimana. Urupfu rwa Habimana rwabaye mu Ukwakira 2022, aho mbere byakekwaga ko yazize impanuka. Icyakora iperereza ryaje kwerekana ko atari impanuka, ahubwo ko yishwe, ndetse bikekwa ko umurambo we washyizwe mu […]

Guhererekanya imfungwa hagati ya RDC na AFC/M23 byakubise igihwereye

Umutwe wa AFC/M23 ku wa Kabiri tariki ya 28 Gashyantare, washinje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuba yaranze kubahiriza amasezerano yo guhererekanya imfungwa impande zombi zari zimaze iminsi 10 zarasinyanye. Ku wa 17 Mata 2026 ni bwo abari bahagarariye impande zombi mu biganiro by’amahoro byaberaga i Montreux mu Busuwisi, banzuye ko mu gihe […]

USA: Uwahoze ayobora FBI yashinjwe gutera ubwoba Trump

Uwahoze ari umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha muri Amerika (FBI), James Comey, yashinjwe guhungabanya ubuzima bwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ikirego gikomoka ku ishusho yasangije akanya gato abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga. Ishusho yashyizwe kuri Instagram umwaka ushize yerekanaga ibizwi nka nka seashells (bimwe bivamo ibinyamunjongo) byakoze imibare “86 47”. “Mirongo inani […]

Ingabo z’u Rwanda n’izindi bakorana zakiriye umuyobozi mushya wa UNMISS

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), bafatanyije n’ingabo zituruka Bangladesh, u Bushinwa, Ethiopia na Nepal, kuri uyu wa Kabiri bakiriye  mu birori bya gisirikare birimo akarasisi, Madamu Anita Kiki Gbeho, Umuyobozi Mukuru mushya wa UNMISS akaba ari nawe Ntumwa Nkuru ihagarariye Umunyamabanga Mukuru wa Loni mu butumwa bw’ amahoro […]

Paris: Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA PSG yatsinzemo Bayern Munich

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yitabiriye umukino wa mbere wa kimwe cya kabiri cya UEFA Champions League i Paris, aho ikipe ya PSG yamamaza Visit Rwanda yatsinze Bayern Munich. Muri uyu mukino wabereye kuri stade ya Parc des Princes i Paris, ikipe ya PSG yatwaye igikombe giheruka cya […]