Rt. Hon Anita Among uhagarariye agace ka Bukedea mu nteko ishinga amategeko ya Uganda, ni we watorewe kuba Perezidante wayo asimbuye Rt. Hon. Jacob Oulanyah uherutse gupfa.
Ku Cyumweru gishize ni bwo Oulanyah wari mu banyapolitiki bubashywe muri Uganda yapfuye aguye muri Amerika, aho yari amaze iminsi arwariye.
Kuri uyu wa Gatanu ni bwo abadepite bagize inteko ya Uganda babyukiye mu matora yo gushaka umusimbura we. Ni amatora yabereye ku kibuga cya Kololo.
Aya matora yasize Anita Among wo mu ishyaka NRM riri ku butegetsi ari we utorewe kuba Perezidante w’Inteko ishinga amategeko ya Uganda ahigitse Asuman Basalirwa wo ku ruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bahanganye.
Among wari usanzwe ari Visi-Perezidante w’Inteko ya Uganda yatowe n’abadepite 401, mu gihe Basalirwa yagize amajwi 66.
Ijwi ry’umudepite umwe muri 468 bagize inteko ishinga amategeko ni ryo ryabaye impfabusa.
Basalirwa watsinzwe yabwiye Televiziyo ya NBS ko ariya matora yabaye mu mucyo no mu bwisanzure bitandukanye n’andi Uganda ikunze kugira.
Ati: “Iki gikorwa cyihariye cyabaye mu bwigenge no mu mucyo bitandukanye n’ibindi bikorwa byo muri iki gihugu musanzwe muzi.”
Yashimiye abadepite 66 bamugiriye icyizere bakamutora, n’ubwo ayo majwi cyane ari make cyane ugereranyije n’ayo Among wamutsinze yagize.


