Wizkid yibasiye bikomeye Perezida Buhari wifurije Trump gukira Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi Ayodeji Ibrahim Balogun wamamaye muri Nigeria nka Wizkid yibasiye bikomeye Umukuru w’Igihugu cye Muhamadu Buhari amuhora kwifuriza Donald Trump n’umufasha we gukira icyorezo cya Covid-19 bamaze iminsi mike barwaye.

Perezida Buhari yanditse ku rubuga rwa Twitter agira ati: “Ndifuriza Perezida wa US, Donald Trump n’umufasha we, Melania gukira vuba kandi neza Covid-19”.

Wizkid akimara gusoma ubutumwa bwa Perezida Buhari, yibutse urubyiruko rumaze iminsi ruraswa na Polisi y’Igihugu, ishami rishinzwe kurwanya ubujura (SARS. Ashinja uyu Mukuru w’Igihugu kutagira icyo abikoraho).

SARS mu magambo arambuye ni Special Anti Roberry Squad.

Mu butumwa busubiza Perezida Buhari kuri Twitter, Wizkid yagize ati: “Donald Trump ntakureba! Muzehe! Polisi/Sarz buri munsi iracyica urubyiruko! Gira icyo ubikoraho! Nta kikureba kuri Amerika! Reba igihugu cyawe!”

Ubusanzwe ntabwo Wizkid yemera imiyoborere ya Perezida Buhari, cyane ko amugereranya na Donald Trump wahawe intebe isumba izindi ku Isi ariko akaba yarananiwe kuzuza inshingano yahawe. Ngo ibyabo ni uguhora kuri Twitter.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *