Liverpool nayo bayihannye by’intangarugero_Amafoto

skysports-ollie-watkins-villa_5118531.jpg

Mu mukino wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, ikipe ya Liverpool ihanwe by’intangarugero na Aston Villa ibitego birindwi kuri bibiri (7-2). Ollie Watkins wa Aston Villa yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 4, arongera atsinda icya kabiri ku munota wa 22 w’umukino. Hashize iminota 11, Mohamed Salah wa Liverpool yishyuye igitego kimwe gusa […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 14

img-20201004-wa0031.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 4 Ukwakira 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 14 mu bipimo 1853 byafashwe. Barimo 12 bonetse i Kigali, bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 1 wabonetse i Burera, 1 wabonetse Kayonza n’undi w’i Rubavu. Abamaze gukira iki cyorezo ni 3216:barimo 5 b’uyu munsi, abakirwaye bo ni 1621. […]

Kagame mu ndirimbo nshya nyuma yo kwakirwa muri Moriah Entertainment

charles_now_out.jpg

Nyuma y’indirimbo 3 amaze gushyira hanze zigafata imitima y’abazumvise umuhanzi ukorera muzika yo kuramya no guhimbaza Imana muri Australia Kagame Charles yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise “Naragukunze” nyuma yuko ibikorwa bye byatangiye gukurikiranwa na Moriah Entertainment kompanyi yagiye ireberera ibikorwa by’abahanzi batandukanye barimo Aline Gahongayire ,Patient Bizimana , Gaby Kamanzi, Richard Ngendahayo ndetse n’abandi… […]

Man. U imaze kunyagirwa imvura y’ibitego

Kuri sitade yayo (Old Trafford), ikipe ya Manchester United imaze kunyagirwa na Tottenham Hotspur imvura y’ibitego bitandatu kuri kimwe cy’impozamarira. Iyi kipe yahawe izina ry’Amashitani atukura ni yo yabanje gufungura izamu ku munota wa kabiri, ubwo umukinnyi wayo Bruno Fernandez yinjizaga mu rushundura penaliti yari ahawe. Nyuma y’iminota ibiri, icyizere cyo gucyura amanota atatu kwa […]

Tshisekedi yoherereje Ndayishimiye ubutumwa yari agenewe mu nama y’i Goma

Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi kuri uyu wa 4 Ukwakira 2020 yohereje intumwa mu Burundi kugira ngo igeze kuri Perezida Evariste Ndayishimiye ubutumwa igihugu cye cyari kigenewe mu nama yagombaga guhuriza Abakuru b’Ibihugu by’Akarere mu mujyi wa Goma. Iyi ntumwa ni Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Marie Tumba Nzeza uragirira mu […]

Burundi: Wa musore n’umukecuru bakoze ubukwe

Iribagiza Olivier w’imyaka 27 y’amavuko na Ndikumagenge Jacqueline w’imyaka 57 y’amavuko kuri uyu wa 4 Ukwakira 2020 bakoze ubukwe nyuma yo guhabwa uburenganzira na Meya w’Umujyi wa Bujumbura. Ubu bukwe bwari kuba tariki ya 26 Nzeri 2020 bwahagaritswe n’umuryango wa Olivier wavugaga ko ari muto cyane kuri Jacqueline. Byatumye ubuyobozi bwiga ku kibazo cy’aba bakunzi, […]

Nyaruguru: L’armĂ©e capture 19 Burundais armĂ©s sur le territoire rwandais

Les Forces de dĂ©fense rwandaises (RDF) ont annoncĂ© ,samedi 3 octobre, que 19 militants burundais armĂ©s de fusils sont passĂ©s illĂ©galement du Burundi au Rwanda. Les combattants, selon RDF, se sont identifiĂ©s comme membres du groupe armĂ© Red Tabara et ont Ă©tĂ© apprĂ©hendĂ©s dans la forĂȘt de Nyungwe, secteur Ruheru du district de Nyaruguru, oĂč […]

Wizkid yibasiye bikomeye Perezida Buhari wifurije Trump gukira Covid-19

Umuhanzi Ayodeji Ibrahim Balogun wamamaye muri Nigeria nka Wizkid yibasiye bikomeye Umukuru w’Igihugu cye Muhamadu Buhari amuhora kwifuriza Donald Trump n’umufasha we gukira icyorezo cya Covid-19 bamaze iminsi mike barwaye. Perezida Buhari yanditse ku rubuga rwa Twitter agira ati: “Ndifuriza Perezida wa US, Donald Trump n’umufasha we, Melania gukira vuba kandi neza Covid-19”. Wizkid akimara […]

Iran yaburiye ibihugu byo muri Aziya biri mu mirwano mu gihe yagera ku butaka bwayo

Kuri uyu wa Gatandatu, igihugu cya Iran cyaburiye Ingabo za Armenia na Azerbaijan zirwanira mu karere ka Nagorno-Karabakh ibihugu byombi bitavugaho rumwe kizisaba kwirinda kwinjira ku butaka bwacyo nyuma ibisasu byaguye ku butaka bwacyo hafi y’umupaka. Mu magambo ye Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Saeed Khatibzadeh, yagize ati: “Kwinjira ku butaka bw’igihugu cyacu ku mpande […]

Ubu harabura iki ngo u Rwanda n’u Burundi byongere kubana neza?

Leta y’u Rwanda yatangaje ko ifite ubushake bwo kuzahura umubano wayo n’u Burundi nk’uko na Perezida mushya w’iki gihugu, Evariste Ndayishimiye na we yatangaje ko n’iye ibufite ariko kugeza ubu haracyibazwa ikibura kugira ngo ibihugu byombi byongere kubana neza nk’uko byahoze. Ibibazo by’ibihugu byombi bishingiye ku mutekano nk’uko impande zombi zabitangaje mu bihe bitandukanye. Aho […]

Musanze: Yavuye muri koma yari amazemo imyaka itatu asanga imitungo yabo yaratejwe

Uwitwa Ayingeye Leonie umaze imyaka 3 ari muri koma mu Bitaro bya Ruhengeri, yatunguwe no gukanguka agasanga abantu bose bambaye udupfukamunwa ndetse ababazwa no gusanga ahahoze ari iwe haragurishijwe n’umugabo we avuga ko uyu mugore we yapfuye. Ni amakuru aturuka mu Kagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza, mu Karere ka Musanze, ahavugwa inkuru y’umugore wavuye […]

RDC: Martin Fayulu arasanga ishingwa rya Komini ya Minembwe y’Icyaro hari ikindi kiryihishe inyuma

Igikorwa cyo guhindura Umujyi wa Minembwe mo komini y’icyaro gukomeje kugarukwaho cyane haba mu banyapolitiki n’abashinzwe imibereho myiza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’aho Martin Fayulu uvuga ko kigamije gucamo Congo ibice arimo kucyamagana. Umunyapolitiki Martin Fayulu, perezida w’ishyaka rya politiki ryiyemeje guharanira ubwenegihugu n’iterambere (ECIDĂ©), mu butumwa bwashyizwe ku rubuga rwe rwa Twitter […]

Perezida Tshisekedi yongeye gutegura urugendo rw’i Goma nyuma yo kurusubika kenshi

Umukuru wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi yongeye gutegura urugendo rwo kujya mu mujyi wa Goma rwo kwitegura inama y’Abakuru b’Ibihugu izifashisha ikoranabuhanga rya ‘video-conference’, nyuma yo kurusubika kenshi. Aya makuru yemejwe na Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru umujyi wa Goma uherereyemo, Carly Nzanzu Kazivita mu nama y’akanama k’intara yabereye mu mujyi wa […]

Rongora ntarapfa-Ubutumwa bwa nyina wa Diamond ku muhungu we

Ku isabukuru y’amavuko y’icyamamare mu muziki Diamond Platinumz, umubyeyi we Sanura Sandra uzwi nka Mama Dangote yamusabye kurongora undi mugore. Ni ubutumwa yatanze mu kiganiro yagiranye na Wasafi, agaragaza impungenge ko ashobora gupfa umuhungu we atarazana undi mugore. Mama Dangote yagize ati: “Icyo Nsenga cyane ni uko umuhungu wanjye yarongora umugore, wita ku muryango, umugore […]

Buruseli: Mu Banyarwanda 3 baherutse gufatwa umwe afungishijwe akuma kabugenewe

Kuri uyu wa Gatandatu, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwemeje itabwa muri yombi ry’Abanyarwanda batatu b’Abanyarwanda, Pierre Basabose, Seraphin Twahirwa na Christophe Ndangali, bakurikiranweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, batawe muri yombi muri iki cyumweru dusoza bafatiwe mu Bubiligi. Umwe muri bo ari kugenzura hakoreshejwe akuma kabugenewe (bracelet Ă©lectronique), abandi babiri barafunzwe nk’uko byatangajwe […]

Umwamikazi Elizabeth II w’imyaka 94 aracyatwara imodoka_Amafoto

33864800-8794965-image-a-42_1601567114439.jpg

Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II ufite imyaka 94 y’amavuko, aracyafite imbaraga ku buryo ashobora gutwara imodoka. Tariki ya 1 Ukwakira 2020 ni bwo uyu mwamikazi yagaragaye atwaye imodoka ye ya ‘Ranger Rover’ mu mihanda iri mu gace ka Sandringham muri Norfolk.Yari yambaye amataratara, agatambaro ko mu ijosi yagakinze mu mutwe. Ibi Elizabeth II yabikoze nyuma […]

Umuryango wa Habyarimana ushyigikiye Dr. Mukwege ushaka gukurikirana ibya raporo inengwa na leta y’u Rwanda

Umuryango wa Juvenal Habyarimana wabaye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, ushyigikiye Umukongomani Dr. Denis Mukwege ushaka gukurikirana ibya raporo inengwa na leta y’u Rwanda. Iyi ni “Rapport Mapping’ imaze imyaka 10 ishyizwe ku mugaragaro na Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ikaba ivuga ku byaha bikomeye byakozwe n’imitwe yitwaje intwaro n’ingabo z’amahanga zirimo iz’u Rwanda […]

Young Africans yirukanye umutoza Zlatko wari uyimazemo iminsi 37

Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania ikinamo Kapiteni w’Ikipe y’igihugu Amavubi, Haruna Niyonzima, yatangaje ko yamaze gutandukana n’umutoza Zlatko Krmpotic wari umaze iminsi 37 ari umutoza wayo mukuru. Mu itangazo ikipe ya Yanga yasohoye, yemeje ko yamaze gutandukana n’uriya mutoza wigeze gutoza APR FC, ariko ku bwumvikane. Itangazo rivuga ko “Young Africans SC ku […]