Igikorwa cyo guhindura Umujyi wa Minembwe mo komini y’icyaro gukomeje kugarukwaho cyane haba mu banyapolitiki n’abashinzwe imibereho myiza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’aho Martin Fayulu uvuga ko kigamije gucamo Congo ibice arimo kucyamagana.
Umunyapolitiki Martin Fayulu, perezida w’ishyaka rya politiki ryiyemeje guharanira ubwenegihugu n’iterambere (ECIDé), mu butumwa bwashyizwe ku rubuga rwe rwa Twitter kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 03 Ukwakira 2020, yasabye Abanyekongo kurwanya iki gikorwa, avuga ko ari umugambi ubangamiye ubusugire bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
“Ndasaba Abanyekongo kurwanya kugira Minembwe komini yo mu cyaro. Iyi gahunda ititondewe ni ikibazo gikomeye ku busugire bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Ndahamagarira Abanyekongo kuba maso kugira ngo baburizemo iyi gahunda yo gucamo igihugu ibice ”, ibi ni ibyatangajwe na Martin Fayulu.
Iyi nkuru dukesha 7SUR7.CD yibutsa ko Burugumesitiri wa Komini ya Minembwe yashyizweho ku mugaragaro ku cyumweru gishize.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu w’intara ya Kivu y’Amajyepfo, Lwabanji Lwasingabo, kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki 02 Nzeri akaba yarisobanuye imbere y’itangazamakuru asubiza ibikomeje kwibazwa ku ishingwa rya Komini y’Icyaro ya Minembwe.
Minisitiri Lwabanji yavuze ko atumva impamvu ibi byahangayikishije abantu mu gihe kuva mu 2013, uwari Minisitiri w’Intebe, Matata Mponyo, ari we washyizeho itegeko numero 13/029 ryashyizeho komini 15 z’icyaro zirimo na Minembwe nubwo iri tegeko ryaje guhagarikwa n’inama y’abaminisitiri.
Yavuze ko mu 2015 ariko iyi nama y’abaminisitiri yakuyeho iki cyemezo ariko ikemeza komini 10 aho kuba 15 zari zifujwe gushingwa mbere, ariko Minembwe iri mu zagumijwemo.


