Kuri uyu wa Kane, itariki 08 Ukwakira Depite Fabien Banciryanino ukurikiranweho ibyaha birimo gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu, ategerejwe imbere y’Ubushinjacyaha bwa Ntahangwa mu Mujyi wa Bujumbura, mu gihugu cy’u Burundi.
Amakuru aturuka mu begereye dosiye ya Hon. Banciryanino bavuga ko yagombaga kugezwa imbere y’ubushinjacyaha kuwa kabiri, itariki 06 Ukwakira. Mu gitondo cyaho, nibwo yamenyeshejwe ko yongera kubazwa n’ubugenzacyaha mu rwego rwo kurangiza iperereza mbere y’uko dosiye ye ishyikirizwa ubushinjacyaha.
Aya makuru avuga ko ibirego bibiri ari byo Hon. Banciryanino ashinjwa ari byo, gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu no gusebanya.
Ku cyaha cya mbere nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga rwa RPA (Radio Publique Africaine) ivuga, Hon. Fabien Banciryanino yatanzwe n’Umuyobozi wa Zone ya Ngagara wamufashe ku wa Gatanu ushize.
Ku cyaha cyo gusebanya, uyu mudepite watowe mu Inteko Ishinga Amategeko kuva mu 2015 kugeza 2020, arashinjwa kuba yaragiye akoresha amagambo asebanya muri iki gihe.
Abamwunganira ariko bibutsa ko agikingiwe n’amategeko y’igihugu, uhereye ku Itegeko Nshinga, ahubwo bagasaba ko yarekurwa.


