Dr. Munyakazi yakatiwe gufungwa imyaka 10

Sangiza iyi nkuru

Dr. Isaac Munyakazi wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, yakatiwe gufungwa imyaka 10 n’ihazabu ya miliyoni 10 Frw, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya ruswa no gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite .

Ku wa 30 Kamena 2020 ni bwo Urukiko rwakiriye dosiye iregwamo Dr. Munyakazi Isaac wahoze ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa.

Ubushinjacyaha bwasabiye Dr. Isaac Munyakazi wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, gufungwa imyaka irindwi n’ihazabu ya miliyoni eshanu, naramuka ahamijwe ibyaha birimo kuba icyitso ku cyaha cya ruswa, naho Gahima Abdu bareganwa asabirwa gufungwa imyaka itanu.

Mu iburanisha riheruka, Ubushinjacyaha bwari bwasabiye Dr. Munyakazi gufungwa imyaka irindwi n’ihazabu ya miliyoni eshanu, ku cyaha kimwe gusa yari yarezwe cyo kuba icyitso ku cyaha cya ruswa, naho Gahima Abdu bareganwa asabirwa gufungwa imyaka itanu.

Gusa mu gusoma umwanzuro kuri uyu wa Gatanu, umucamanza yanzuye ko nubwo yarezwe icyaha kimwe, mu isesengura urukiko rwasanze harimo n’icyaha cyo gukoresha nabi ububasha yari afite, mu nyungu ze bwite, bityo ahanishwa gufungwa imyaka 10, anacibwa ihazabu ya miliyoni 10 Frw.

Gahima uregwa muri dosiye imwe na Dr Munyakazi we akurikiranweho icyaha cyo gutanga indonke, cyakozwe hagati ya tariki 10 na 24 Ukuboza 2019 ubwo yifashishaga Dr Munyakazi, ngo atange ruswa yo gufasha ikigo cye Good Harvest School kuza mu myanya ya mbere gutangaza amanota yavuye mu bizamini bisoza amashuri abanza.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamuhamije icyaha cyo gutanga ruswa rumuhanisha gufungwa imyaka itanu no gutanga ihazabu ya miliyoni 1.5 Frw.

Yaba Munyakazi cyangwa Gahima bareganwaga, nta n’umwe wari mu cyumba cy’urukiko icyakora rwarimo abiganjemo abo mu miryango yabo bari baje kumva imikirize yarwo.

Dr. Munyakazi yeguye muri Guverinoma tariki ya 6 Gashyantare 2020 hashize ibyumweru bitatu ahita anirukanwa mu Ishyaka rya PDI yari abereye umuyoboke.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *