RDC: Ibiro bya Perezida byakoresheje miliyari zirenga 23 RWF mu kwezi kumwe

Sangiza iyi nkuru

Mu igenzura ryakozwe ku ishyirwa mu bikorwa ry’ingengo y’imari mu bigo bya leta, byagaragaye ko ibiro bya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo byakoresheje amadolari y’Amerika miliyoni 23.8 muri Nzeri 2020 honyine, akaba arenga gato miliyari 23 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ubusanzwe ingengo y’imari yagenewe ibiro bya Perezida wa Repubulika mu gihembwe cya gatatu cy’umwaka w’2020 (mu kwezi kwa Nyakanga, Kanama na Nzeri) yari amadolari y’Amerika miliyoni 16.45% gusa muri iki gihe yararenze cyane (ku kigero cya 238%) kuko hakoreshejwe amadolari y’Amerika miliyoni 55.76, yazamuwe cyane ahanini n’ayakoreshejwe muri Nzeri.

Izamuka cyane ry’amafaranga yakoreshejwe n’ibiro bya Perezida wa Repubulika muri iki gihembwe, cyane cyane muri Nzeri 2020, ngo byaba byaratewe ahanini n’ubwiyongere bw’ibikorwa byakozwe n’abakoreramo, bagabanyije mu mashami agera ku 10.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. RDC: Ibiro bya Perezida byakoresheje miliyari zirenga 23 RWF mu kwezi kumwe
    Ese ko ntanarimwe muvuga uko bimeze mu Rda?Nyamara Hari ibihugu byakataje mugukorera mumucyo.

  2. RDC: Ibiro bya Perezida byakoresheje miliyari zirenga 23 RWF mu kwezi kumwe
    Ese ko ntanarimwe muvuga uko bimeze mu Rda?Nyamara Hari ibihugu byakataje mugukorera mumucyo.

  3. RDC: Ibiro bya Perezida byakoresheje miliyari zirenga 23 RWF mu kwezi kumwe
    nimba nabo nibuze bateye intambwe yo gukora audit wari wumva Auditor General atangaza audit yakorewe mu Rugwiro?

  4. RDC: Ibiro bya Perezida byakoresheje miliyari zirenga 23 RWF mu kwezi kumwe
    nimba nabo nibuze bateye intambwe yo gukora audit wari wumva Auditor General atangaza audit yakorewe mu Rugwiro?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *