Burundi: Inka 15 z’uwahoze mu gisirikare (Ex-FAB) zishwe zirozwe

Sangiza iyi nkuru

Inka zigera kuri 15 mu ijoro ryo kuwa Gatandatu ushize rishyira ku Cyumweru, mu Mudugudu wa Gasenyi, Komini Buyengero, ho mu Ntara ya Rumonge, mu majyepfo y’uburasirazuba bw’u Burundi zishwe zirozwe. Izi nka zikaba zari uz’uwitwa Valentin Ndyibingoye, wahoze muri Gisirikare cy’u Burundi kizwi nka Ex-FAB. Imbonerakure ziratungwa intoki.

Amakuru aturuka muri aka gace avuga ko abakoze iki gikorwa binjiye kwa Ndyibongoye mu ibanga mu masaha y’ijoro.

Umwe mu baturanyi be ati: “Baje ari agatsiko mu ijoro, bafite impiri bambaye amakoti maremare. Turebeye mu idirishya, twababonye bahatiriza bashaka kwinjira mu kiraro ahari inka za Ndyibingoye, ariko ntitwashoboraga gutabaza. Nyuma y’iminota runaka, baragiye.”

Bukeye bwaho, ku Cyumweru, abo mu muryango we babyukiye mu gahinda inka imwe yamaze gupfa izindi 14 nazo ziri mu nzira yo gupfa nk’uko iyi nkuru dukesha SOSMediasBurundi ikomeza ivuga.

Umwe mu bagize uyu muryango ati: “Ubwo twakinguraga umuryango, twatunguwe no kubona inka zenda gupfa. Abaturanyi batubwiye ko babonye abantu binjira mu kiraro ninjoro. Nta gushidikanya baroze amatungo.”

Abaturage bakeka ko urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, ruzwi nk’Imbonerakure ari rwo rwakoze iki gikorwa. Bavuga ko izi Mbonerakure zishe inka kubera ko zitabashije kubona Ndyibingoye bashinja kuba yaranze kujya muri CNDD-FDD.

Nk’uko amakuru agera ku rubuga dukesha iyi nkuru akomeza avuga, ngo uyu mugabo wahoze mu gisirikare cy’u Burundi amaze igihe yarahunze kubera ko yaterwaga ubwoba n’Imbonerakure zimushinja gukorana n’imitwe yitwaje intwaro yigeze kugaragara muri aka gace.

Umugore we n’abana be batatu na bo baherutse gutabwa muri yombi bahatwa ibibazo babazwa aho yaba aherereye.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Burundi: Inka 15 z’uwahoze mu gisirikare (Ex-FAB) zishwe zirozwe
    BIRABABAJE IHONYA BWOKO NIKO RITANGURA
    KUBAGIRA ABAKENE
    GUSAMBANYA ABANA
    KUBIMA AKAZI
    KUBAHIMBIRA IZINA RIBAKURAKO AGATEKA
    KUBANGAZA
    KUBANYAGA UTWABO

  2. Burundi: Inka 15 z’uwahoze mu gisirikare (Ex-FAB) zishwe zirozwe
    BIRABABAJE IHONYA BWOKO NIKO RITANGURA
    KUBAGIRA ABAKENE
    GUSAMBANYA ABANA
    KUBIMA AKAZI
    KUBAHIMBIRA IZINA RIBAKURAKO AGATEKA
    KUBANGAZA
    KUBANYAGA UTWABO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *