Rayon Sports yaba yisubiye ku kwirukana Jean Paul?

Sangiza iyi nkuru

Ubuyobozi bw’Umuryango wa Rayon Sports, bwavuze ku makuru yavugaga ko Nkurunziza Jean Paul wari Umuvugizi wa Rayon Sports FC yakuwe ku mirimo, buvuga ko atari ukuri.

Mu kiganiro Perezida w’Umuryango wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle yagiranye na Radio Flash mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko ubu nka perezida w’ikipe ari we muvugizi w’ikipe ndetse ko ukeneye amakuru ari we agomba kuyabaza.

Ati: “Nk’uko amategeko abivuga, umuvugizi w’ikipe ni Perezida wayo. Bivuga ngo ninjye muvugizi w’ikipe.”

Iyi kipe ibinyujije ku rukuta rwayi rwa Twitter, yavuze ko itakuyeho umuvugizi w’iyi kipe ahubwo ko perezida wa Rayon Sports ari we muvugizi w’umuryango wa Rayon Sports mu rwego rw’amategeko n’aho Jean Paul Nkurunziza akaba umuvugizi w’ikipe nka kimwe mu gikorwa cy’umuryango.

Iti: “Ubuyobozi bwa Association Rayon Sports buramenyesha abakunzi b’umupira w’amaguru by’umwihariko abakunzi ba Rayon Sports FC ko amakuru abyutse acicikana ko uwari umuvugizi wayo yahagaritswe ari ibinyoma.Tuboneyeho kubamenyasha kandi ko umuvugizi w’umuryango ari perezida watowe n’abanyamuryango bitandukanye n’umukozi usanzwe.”

Yunzemo iti: “Jean Paul Nkurunziza Umuvugizi wa rayon sports FC nk’ikipe y’umupira w’amaguru kikaba kimwe mu bikorwa bya Association Rayon Sports.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *