Igihugu cy’u Bushinwa kuri uyu wa Gatanu, cyafashe umwanya wo gushimira Joe Biden uheruka gutorerwa kuyobora leta zunze ubumwe za Amerika, mu gihe yitezweho impinduka mu mubano w’igihugu cye n’Ubushinwa.
U Bushinwa na n’u Burusiya, biri mu bihugu bike ku Isi byirinze gufata iya mbere mu gushimira Biden na Kamala Harris, nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize babonye amajwi abemerera gutsinda Donald Trump bari bahanganye.
Mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’Ubushinwa, Wang Wenbin, yavuze ko Ubushinwa bwubaha amahitamo y’Abanyamerika.
Ati: “Twubaha amahitamo y’abaturage ba Amerika. Turashimira Bwana Biden na Harris.”
Yunzemo ko ibyavuye mu matora bizemezwa hakurikijwe amategeko n’amabwiriza ya Amerika.
Ubushinwa bwashimiye abaheruka gutorerwa kuyobora Amerika, mu gihe ibihugu byombi bimaze igihe bidacana uwaka.
Amakimbirane y’Ubushinwa na Amerika amaze igihe ashingiye ku bucuruzi, gusa Amerika yanakunze gushinja Ubushinwa kuyineka.
Icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi na cyo kiri mu byongeye umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi, bijyanye n’uko Perezida Trump yakunze gushinja Ubushinwa kugira Uruhare mu kugikwirakwiza mu Isi.
Ni ibyatumye Perezida Trump akumira ku isoko rya Amerika ibicuruzwa bya Amerika.
Cyakora cyo abakurikiranira hafi iby’ibihugu byombi basanga Joe Biden uzaba Perezida, ashobora gutera intambwe yo gufatanya n’Ubushinwa mu bijyanye n’ihindagurika ry’ikirere, ikibazo cy’ibihugu bya Iran na Koreya ya Ruguru ndetse no guhangana n’icyorezo cya Covid-19.


