Gereza ya Muhanga yabonetsemo 36 banduye Covid-19

emukdtbxuaakpt_-1.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2020 yatangaje ko gereza ya Muhanga yabonetsemo abantu 36 banduye Covid-19. Ni mu gihe muri rusange, abanduye biyongereyeho 43 mu bipimo 2759 byafashwe. Abanduye barimo aba babonetse muri iyi gereza, uwabonetse i Kigali, uwabonetse i Kirehe, 2 babonetse muri Nyamagabe, 2 babonetse muri Rubavu n’undi wabonetse […]

Bobi Wine aravuga ko abasirikare ba Uganda bamuhejeje ku muhanda (Amafoto)

img_20201113_181514.jpg

Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) uri mu bahatanira kuyobora Uganda, aravuga ko inzego zishinzwe umutekano za Uganda zamutangiriye kugira ngo atajya gukora ikiganiro kuri imwe muri Radiyo zo muri kiriya gihugu. Uyu munya-Politiki ukunze gushinja inzego zishinzwe umutekano kumuhohotera we n’abayoboke be, avuga ko abasirikare n’abapolisi bamuhejeje kuri imwe muri bariyeri, ndetse bakaba bamaze umunsi […]

I Kinshasa hashobora kuba akantu muri iyi weekend

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 14 Ugushyingo i Kinshasa hashobora kuba akantu nyuma y’aho abayoboke b’ishyaka UDPS rya Perezida Tshisekedi n’urubyiruko rushyigikiye Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bose bateganya imyigaragambyo ikomeye kuri uyu munsi. Ishyaka rya Perezida Tshisekedi rizaba riri mu muhanda mu rwego rwo gushyigikira ibikorwa yatangije ku […]

Trump yanze kuva ku butegetsi, hakurikiraho iki?

general.jpg

Donald Trump ni Perezida wa 45 wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, winjiye mu biro (White House) kuva mu 2016, bikaba biteganyijwe ko ashobora kuyivamo muri Mutarama 2021 nyuma yo gutsindwa na Joe Biden mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye tariki ya 3 Ugushyingo 2020. Joe Biden yatsinze aya matora tariki ya 7 Ugushyingo, nyuma yo kwegukana […]

Ibintu bitanu byaranze Amavubi mu mukino wayahuje na Cap-Vert

Ku mugoroba wo ku wa Kane ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yanganyije na Cap-Vert 0-0, mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroon muri 2022. Umukino wabereye kuri Stade y’igihugu ya Cap-Vert iherereye i Praia mu murwa mukuru. Muri rusange Cap-Vert ni yo yihariye igice kinini cy’uyu mukino yemwe inabona uburyo bwinshi bwashoboraga […]

Kera kabaye, u Bushinwa bwacyeje Biden uheruka gutorerwa kuyobora Amerika

Igihugu cy’u Bushinwa kuri uyu wa Gatanu, cyafashe umwanya wo gushimira Joe Biden uheruka gutorerwa kuyobora leta zunze ubumwe za Amerika, mu gihe yitezweho impinduka mu mubano w’igihugu cye n’Ubushinwa. U Bushinwa na n’u Burusiya, biri mu bihugu bike ku Isi byirinze gufata iya mbere mu gushimira Biden na Kamala Harris, nyuma y’uko mu mpera […]

Asaga miliyoni 300 yavuye mu bukerarugendo 2018 – 2019 yaburiwe irengero

Miliyonizi zisaga 300 z’amanyarwanda zavuye mu bukerarugendo hagati ya Kanama 2018 na Mutarama 2019 ntihazwi aho yarengeye mu gihe amakosa yo kudaha agaciro ubusesenguzi bwakozwe n’inzobere yatumye BDF yishyura asaga œ cya miliyari ku mishinga yahombye. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kane, ubwo Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite iyobowe na Nyakubahwa Mukabalisa Donatile, yagezwagaho raporo ya […]

Sinakwiba utuntu tw’amafuti nka turiya- Tom Byabagamba

Tom Byabagamba wakatiwe n’Urukiko rw’Ubujurire igifungo cy’imyaka 15, uyu munsi ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 2 Frw ku cyaha cy’ubujura bwa telephone akekwaho, we avuga ko ari akantu k’amafuti atakwiba. Uregwa yireguye avuga ko kiriya cyaha ari igihimbano ngo kuko “Atari umuntu wakwiba utuntu tw’amafuti nka turiya.”‘ Ubwo yari amaze kwiregura, Ubushinjacyaha […]

Goma: Umusirikare yafatanwe imbunda yashakaga kugurisha abagizi ba nabi

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki 13 Ugushyingo 2020, mu gace ka Mabanga, mu Mujyi wa Goma, hafatiwe umusirikare wa FARDC ushinjwa kugurisha imbunda ku bagizi ba nabi. Uyu musirikare witwa Mbula Ebengo, yafashwe afite imbunda enye za AK47, zirimo eshatu yari atunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko yiteguraga kugurisha ku bagizi ba nabi […]

Sahara marocain / Les Forces Armées Royales délogent les miliciens du « polisario » de la zone tampon de Guergarate

moroco_1.jpg

Face aux provocations graves et inacceptables auxquelles se sont adonnĂ©es les milices du “polisario” dans la zone tampon de Guergarate au Sahara marocain, « Le Maroc a dĂ©cidĂ© d’agir, dans le respect de ses attributions, en vertu de ses devoirs et en parfaite conformitĂ© avec la lĂ©galitĂ© internationale », a indiquĂ©, ce jour, le MinistĂšre […]

Umuherwe Kanyamunyu yakatiwe imyaka 5 y’igifungo, umukunzi we akurwaho ibyaha

Umuherwe Mathew Kanyamunyu wo mu gihugu cya Uganda yakatiwe imyaka 5 y’igifungo nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica uwitwa Kenneth Akena mu mwaka wa 2016, umukunzi we, Umurundikazi Cynthia Munwangari, akurwaho ibyaha. Kanyamunyu yahawe iki gihano nyuma y’amasezerano yo kwemera icyaha yagiranye n’ubushinjacyaha. Inshuro nyinshi yagiye agaragara mu rukiko, Kanyamunyu n’Umurundikazi w’umukunzi we, Cynthia Munwangari, […]

Rutsiro: Umuturage ashinja umupolisi gukoresha imodoka ye impanuka

Umuturage witwa Gandika Jean Bosco utuye mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Nyakiriba, Akagari ka Kanyefurwe mu Mudugudu wa Kiyovu, yagejeje ikirego kuri Polisi y’igihugu ayisaba ko yamufasha gukoresha imodoka ye, yagushijwe n’umupolisi witwa PC Bikorimana Jean Claude. Avuga ko uwo mupolisi witwa PC BIKORIMANA Jean Claude yakuye umushoferi w’imodoka ye yo mu bwoko bwa […]

Nyabugogo: Bimwe mu bibazo by’ingutu byugarije abatwara abagenzi ku magare

vlcsnap-2020-11-13-11h08m31s732.jpg

Bamwe mu bakora akazi ko gutwara abantu ku magare Nyabugogo ahazwi nka Discentre barataka ibibazo bitandukanye barimo kugenda bahura nabyo muri iki gihe cya Covid-19 nko kubura abakiriya, guhohoterwa n’abanyerondo, abashinzwe umutekano babashinzwe, ibikoresho basabwe kuba bafite bakishyura bakaba batarabibona n’ibindi. Ubwo umunyamakuru wa Bwiza TV yageraga aha, yasanze amagare amwe n’amwe ari gufatwa n’abashinzwe […]

Umuhanzi Pedro ari mu byishimo nyuma yo gusoza Kaminuza

whatsapp_image_2020-11-12_at_09.36.47.jpg

Umuhanzi Niyigena Jean Pierre uzwi nka Pedro Someone ari mu byishimo byinshi nyuma yo guhabwa impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’Ubuforomo (General nursing) muri Kaminuza ya Gitwe. Mu kiganiro na bwiza Pedero Someone yashimiye cyane Imana yamushoboje gutera iyi ntambwe, anashimira kaminuza yizemo yamuhaye ubumenyi. Ati “Ndshimira Kaminuza ya Gitwe ku bumenyi […]

Indi mipaka ihuza u Rwanda na RDC iri hafi gufungurwa

Tariki ya 11 Ugushyingo 2020, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba mu Rwanda, Munyentwari Alphonse na Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ThĂ©o Ngwabidje Kasi bakoreye inama mu mujyi wa Bukavu. Impamvu yatumye bahura, ni ukugira ngo bige ku buryo bamwe mu batuye muri ibi bihugu bakeneye serivisi zambukiranya imipaka, bazibone mu buryo […]

Utariye ituro, uba uhemukiye uwarituye_Umushumba

Mu gihe hari abamaze igihe banengera abashumba kwaka no kurya amaturo babigereranya n’ubujura, bamwe mu bakora umurimo w’ivugabutumwa mu Rwanda bemeza ko bifatwa uko bitari, Bishop Gatera we akavuga ko ahubwo “utariye ituro, aba ahemukiye uwarituye.” Bishop Gatera ukorera ivugabutumwa mu Murenge wa Kabarondo w’Akarere ka Kayonza, Pasiteri Niyonzima Claude na ApĂŽtre Liliane Mukabadege, baganiriye […]

RCS ntivuga rumwe n’umuryango wa Rusesabagina ku buzima bwe

Umuryango wa Paul Rusesabagina uvuga ko aho afungiye i Kigali yababwiye ko arwaye, kandi ubuzima bwe bukomeje kumera nabi kubera indwara asanganywe zisaba imiti ihoraho, mu gihe RCS ivuga ko ari muzima nta n’igicurane arwaye. Uyu mugabo afungiye mu Rwanda aregwa ibyaha by’iterabwoba, bishingiye ku bitero byiciwemo abantu mu 2018 na 2019 byakozwe n’umutwe wa […]

Joseph Kabila yaba akomeje gucibwa inyuma n’abarimo murumuna we

Mu gihe umwuka utari mwiza hagati y’amahuriro mpuzamashyaka ya politiki asangiye imyanya ikomeye mu butegetsi bw’igihugu; FCC rya Joseph Kabila na CACH rya Perezida FĂ©lix Tshisekedi, Umukuru w’Igihugu yatangije gahunda yiswe ‘consultation’ yo kwakira inkunga y’ibitekerezo, byamufasha gukomeze kuyobora neza. Intandaro y’umwuka mubi hagati ya FCC na CACH yabaye ibyemezo bitandukanye Perezida Tshisekedi yagiye afatira […]

Muhanga: Bamudodeye ikanzu mu mwenda wa matera ku bw’amikoro-Amafoto

capture-29.png

Umwana w’umukobwa utaramenyekana amazina wo mu Karere ka Muhanga, yagaragaye mu mashusho yashyizwe kuri Twitter, yambaye ikanzu ikozwe mu mwenda wa matera ya Rwandafoam. Patrick Bizimana ukora akazi ko gufotora no gutunganya amashusho, yabinyujije kuri Twitter avuga ko uyu mwana w’umukobwa yadodewe iyi kanzu kuko ababyeyi be batabasha kubona amikoro yo kumugurira imyenda.” Ku ipaji […]

RDC: Guverineri wa Maniema yateye utwatsi ibyo kweguzwa ku mirimo ye

Guverineri w’Intara ya Maniema, Auguy Musafiri, wavanwe ku mirimo ye n’abadepite bo muri iyi ntara adahari kuwa Gatatu, itariki 11 Ugushyingo 2020, aravuga ko yiteguye gusubira mu ntara ye kandi agakomeza imirimo ye. Guverineri Musafiri kuri ubu ari i Kinshasa aho yatumiwe yitabire inama zigamije gukusanya ibitekerezo mu nzego zitandukanye zatangijwe n’umukuru w’igihugu, FĂ©lix Antoine […]

USA: Abashinzwe amatora bamaganye ibirego bya Trump

Abategetsi bashinzwe amatora ku rwego rwa Amerika bavuze ko amatora ya perezida ya 2020 ariyo “matora yizewe kurusha ayandi mu mateka ya Amerika” – batesha agaciro ibivugwa na Trump ko yaranzwe n’uburiganya. Komite ishinzwe iby’umutekano mu matora mu gihugu yavuze ko “nta gihamya ko uburyo bwo gutora bwasibye, bwataye, bwahinduye amajwi, cyangwa ikindi kidasobanutse”. Aba […]

Ishimwe Kevin yirukanwe burundu muri APR FC

Umutoza wa APR FC, Mohammed Adil Erradi, yavuze ko iyi kipe idateganya kugarura Ishimwe Kevin umaze igihe yarahagaritswe n’ubuyobozi kubera imyitwarire mibi. Ku wa 28 Ukwakira ni bwo APR FC ibinyujije ku rubuga rwayo yatangaje ko yahagaritse by’agateganyo uriya mukinnyi wayo ukina ku mpande asatira izamu, Ishimwe Kevin, kubera imyitwarire mibi. Icyo gihe byavuzwe ko […]

Igice cy’Agakiriro ka Gisozi cyahiye

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ugushyingo 2020, inyubako y’isoko ryo mu Gakiriro ko ku Gisozi mu Karere ka Gasabo yafashwe n’inkongi y’umuriro. Hahiye igice cyo hagati cy’iyo nyubako gisanzwe gicururizwamo imyenda hejuru, aho bita muri Duhahirane hazwi ku izina rya ‘Morden Market Gisozi’. Kugeza ubu ntiharameneyekana icyateye iyi nkongi. shami rya […]