I Kinshasa hashobora kuba akantu muri iyi weekend

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 14 Ugushyingo i Kinshasa hashobora kuba akantu nyuma y’aho abayoboke b’ishyaka UDPS rya Perezida Tshisekedi n’urubyiruko rushyigikiye Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bose bateganya imyigaragambyo ikomeye kuri uyu munsi.

Ishyaka rya Perezida Tshisekedi rizaba riri mu muhanda mu rwego rwo gushyigikira ibikorwa yatangije ku itariki 02 Ugushyingo byo kugisha inama abanyapolitiki batandukanye.

Ni mu gihe ku rundi ruhande, urubyiruko rushyigikiye Kabila rwo ruzaba ruri mu mihanda rwamagana icyo rwita guhonyora itegeko nshinga ku bwende. Mu gihe hategerejwe uburenganzira bw’ubuyobozi bw’umujyi, urubuga rwa Mediacongo ruravuga ko iyi weekend ishobora kuzaba ari umuriro.

Benshi baratinya ko impande zombi nizihurira mu muhanda hashobora kuba gukozanyaho nk’uko byagenze kuwa 09 Nyakanga. Abayoboke b’ishyaka rya Kabila, PPRD, bashyigikiye inzego zashyizweho no guhererekanya ubutegetsi bari bihurije ku cyicaro cy’ishyaka ahazwi nka boulevard Sendwe, bakozanyijeho n’abayoboke ba UDPS bari mu myigaragambyo bamagana ishyirwaho rya Ronsard Malonda, ku buyobozi bwa Komisiyo y’igihugu y’Amatora.

Imibare y’abakomerekeye muri izo mvururu yatangajwe n’igipolisi, ivuga ko abantu 24 bahakomerekeye barimo abapolsi 19 n’abigaragambya batanu. Ibiro bimwe by’ishyaka PPRD kandi nabyo byarangijwe.

Kubera impungenge z’ibishobora kongera kuba kuri uyu wa Gatandatu, ababikurikiranira hafi basanga ubuyobozi bw’umujyi bukwiye kwanga kwemera iyo myigaragambyo yombi, mu gihe ingingo ya 16 y’itegeko nshinga ivuga ko kwigaragambya ari uburenganzira bwa rubanda.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *