Donald Trump ni Perezida wa 45 wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, winjiye mu biro (White House) kuva mu 2016, bikaba biteganyijwe ko ashobora kuyivamo muri Mutarama 2021 nyuma yo gutsindwa na Joe Biden mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye tariki ya 3 Ugushyingo 2020.
Joe Biden yatsinze aya matora tariki ya 7 Ugushyingo, nyuma yo kwegukana amajwi ya Leta ya Pennsylvania na Nevada, aho yamuzamuye avuye kuri 264, ahita agira 290. Ni mu gihe Donald Trump yagize kuri 217.
Ibyavuye mu nteko zitora (electoral votes) bigaragaza ko Biden yatsinze ariko Donald Trump yabyamaganiye kure, avuga ko amajwi yanyerejwe, hatakara aye abarirwa muri miliyoni 2.
Bwa mbere Joe Biden akimara kumenya ko yatsinda ndetse anashimira Abanyamerika muri rusange, Donald Trump yaramwamaganye, avuga ko yihutira kubyina insinzi, bimwe byo kubyina mbere y’umuziki.
Yagize ati: “Twese tuzi impamvu Joe Biden arimo kwihutira kwemeza ko ari we watsinze, n’impamvu itangazamakuru rimushyigikiye riri gukora ibishoboka byose rikamufasha: ntabwo bashaka ko ukuri kumenyekana.”
BBC mu ishami ry’Igifaransa, yakoze ubusesenguzi, yibaza igishobora kuzakurikiraho, mu gihe Donald Trump ugishimangira ko yatsinze amatora, yaba yanze kuva ku butegetsi, cyane ko mbere y’amatora yari yaratangaje ko natsindwa atazabyemera.
Bitewe n’uburyo Donald Trump akomeje kwitwara, agatsimbarara avuga ko yatsinze aya matora, hari impungenge z’uko ashobora kwanga kuva muri White House muri Mutarama 2021 nk’uko biteganywa n’Itegekonshinga.
Umunyamabanga Mukuru wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Mike Pompeo, mu buryo busa no gushyigikira Donald Trump, aherutse gutangaza ko uyu mukuru w’Igihugu azahererekanya ububasha na Biden, ari uko arangije manda ya kabiri.
Ijambo rya Pompeo ryaba risobanuye ko Donald Trump atazemera kurekurira ubutegetsi Joe Biden.
Bibaye hakorwa iki?
Hakoreshwa ingufu za leta mu kuvana Trump mu biro
BBC ivuga ko Perezida Trump aramutse yanze kuva ku butegetsi kandi bigaragara ko yatsinzwe, yaba akoze agashya katigeze kabaho mu mateka y’iki gihugu mu myaka 244 ishize.
Aho ngo igishobora gukorwa ni ukwifashisha umutwe ushinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu wa Secret Service, ukamusohora mu biro, ukinjizamo Joe Biden; cyane ko ari wo usigaye umurinda kuva mu minsi ya nyuma yabanjirije uwamenyekaniyeho uwatsinze amatora.
Hari ubwo na Trump yakoresha ingufu za leta
Prof. Keisha Blain wigisha muri Kaminuza ya Pittsburg, yavuze ko bishoboka [n’ubwo yabihaye amahirwe make] ko mu gihe Donald Trump yaba yinangiye ntave ku butegetsi, ashobora kwifashisha ingufu za leta nk’igisirikare.
Yashingiye ku kuba mu buryo bwatunguranye, Donald Trump yarohereje abasirikare mu myigaragambyo yamaganaga iyicwa ry’umwirabura George Floyd muri Portland na Washington, byerekana ko yanabifashisha yanze kuva ku butegetsi.
Prof. Blain yagize ati: “Mu myaka ine ishize, Abanyamerika benshi ntibabitekerezaga. Ariko nyuma yo kubona Trump yohereza imbaraga za leta mu myigaragambyo iheruka muri Portland na Washington mu mezi ya vuba, ni ibyo kwibazaho cyane.”
Kuri bamwe, ntibyakorohera Trump gukoresha ingufu za leta
Hari abandi basesenguzi bemeza ko igisirikare cya Amerika gikora kinyamwuga, kikaba kitakwemera kwegamira ku ruhande na rumwe rwa politiki; bityo bikaba bitakorohera Perezida Trump kugikoresha kugira ngo kimufashe kuguma ku butegetsi.
Inzobere muri politiki no mu mategeko agenga umutekano, Prof. Dakota Rudesill wigisha muri Kaminuza ya Moritz College of Law muri Amerika, yavuze ko bisa n’ibidashoboka ko abasirikare bafasha Perezida Trump.
Ati: “Igisirikare cyemeye kugendera ku Itegekonshinga, si ku munyapolitiki. Ndetse n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, General Mark Milley, yagiye asubiramo ko igisirikare kitazagira uruhare na rutoya muri aya matora.”
Umugaba Mukuru w’Ingabo za USA, Gen. Mark Milley
Nk’uko bigaragara mu nkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, yo muri Kanama 2020, Gen. Mark Milley yigeze gukomeza kuri aya mahame y’igisirikare yo kutivanga mu matora.
Yagize ati: “Nizera cyane amahame y’igisirikare cya Amerika yo kutivanga muri politiki. Mu gihe cy’ibibazo bijyanye n’amatora, inkiko za Amerika ndetse n’Inteko Ishinga Amategeko ni byo bisabwa kubikemura, si igisirikare cya Amerika. Ndabona nta ruhare igisirikare kizayagiramo.”
Prof. Rudesill yavuze ko mu gihe nk’abasirikare ba Amerika baba bemeye gushyigikira Donald Trump, byabasiga isura mbi ndetse n’igihugu muri rusange.
Ati: “Perezida akoresheje ububasha nabi, akanga kuva ku butegetsi nyuma yo gutsindwa amatora, byagorana […] Byakwangiza byinshi mu gihugu, byakwangiza amahame akomeye agenga igisirikare ku basivile ndetse no ku buryo demukarasi igaragara ku ruhando rw’amahanga.”
Haracyategerejwe ikizava mu iperereza Minisitiri w’Ubutabera wa USA, William Barr yasabye ko rikorwa ko manyanga avuga muri aya matora. Yabisabye tariki ya 9 Ugushyingo, avuga ko ariko ryakorwa mu gihe haba hari ibimenyetso bibigaragaza.


