USA: Abashinzwe amatora bamaganye ibirego bya Trump

Sangiza iyi nkuru

Abategetsi bashinzwe amatora ku rwego rwa Amerika bavuze ko amatora ya perezida ya 2020 ariyo “matora yizewe kurusha ayandi mu mateka ya Amerika” – batesha agaciro ibivugwa na Trump ko yaranzwe n’uburiganya.

Komite ishinzwe iby’umutekano mu matora mu gihugu yavuze ko “nta gihamya ko uburyo bwo gutora bwasibye, bwataye, bwahinduye amajwi, cyangwa ikindi kidasobanutse”.

Aba bavuze ibi nyuma y’uko Perezida Donald Trump atangaje ko hari amajwi miliyoni 2.7 yari aye “yasibwe” n’imashini z’itora mu cyumweru gishize.

Bwana Trump kugeza ubu ntaremera ko Joe Biden ari we biteganywa ko yatsinze amatora

Ibiro byo muri ‘minisiteri’ y’umutekano byari bishinzwe gucunga uburyo bukoreshwa mu gutora ku itariki 03 z’uku kwezi, byasohoye itangazo ejo kuwa kane.

Komite yabyo yitwa Cybersecurity and Infrastructure Security Agency (Cisa) yagize iti:

“Mu gihe tuzi ko hari ibirego bidafite ishingiro no gutanga amakuru atariyo ku matora yacu, twabizeza ko dufite ikizere gikomeye cy’umutekano n’ubudakemwa by’amatora yacu, namwe mukwiye kugira.

“Iyo ufite ibibazo, wegera abashinzwe amatora nk’abantu bizewe mu gihe bari kugenzura amatora.”

Ukuriye komite ya CISA Christopher Krebs yavuze ko yiteguye kwirukanwa na Trump, nk’uko bivugwa n’ibiro ntaramakuru Reuters.

Kuwa kane, Bwana Krebs yatangaje ubutumwa bwari bwatangajwe mbere n’inzobere mu mategeko y’amatora bugira buti: “Rwose mwitangaza ibintu bidafite ishingiro ku mashini z’itora, nubwo byaba byatangajwe na perezida”.

Umutegetsi wungirije wa CISA we ejo kuwa kane yareguye. Ni nyuma y’uko mu ntangiriro z’iki cyumweru White House isabye ko yegura, nk’uko Reuters ibivuga.

BBC

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *