Nyanza: Umukobwa yanyoye umuti wica udukoko two mu murima

Sangiza iyi nkuru

Mu Mudugudu wa Bukinankwavu mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, Umugore witwa Judith yagerageje kwiyahura Imana ikinga akaboko. Yavuze ko yari agiye kwiyambura ubuzima kuko umugabo wamuteye inda ari kubihakana.

Mu ijoro ryo ku wa 12 ugushyingo 2020 ahagana saa tanu z’ijoro, Mukansanga w’imyaka 18 y’amavuko ngo yagerageje kwiyahura anywa umuti witwa Simikombe ariko ntiyapfa.

Ubwo abaturage babimenyaga, bahise bahamagara imbangukiragutaba ariko uyu mugore usanzwe afite umwana umwe yanga kuyijyamo.

Ngo abaturage bakihagera bamuhaye amata menshi baramurutsa bituma uyu muti utamuhitana.

Mukansanga avuga ko yabitewe no kuba umugabo yemeza ko babyaranye witwa Ndayisenga Samuel yaramuteye indi nda ngo akaba atari kubyemera.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasama, Egide Bizimana avuga ko ubwo ubuyobozi bwabimenyaga bwihutiye kujyayo.

Yagize ati “Twabimenye twihutira kujyayo tugira inama umugore kujya gutanga ikirego kuri RIB kugira ngo hakurikiranwe uwamuteye inda.”

Amakuru avuga ko Ndayisenga Samuel uvugwaho kumutera inda ya kabiri, yari asannzwe afite undi mugore basezeranye ndetse banafitanye abana.

Ikibazo cyo gutera inda abangavu kirafata intera mu Rwanda. Imibare Ikinyamakuru Kigali Today cyatangaje mu nkuru yacyo ya tariki 6 Kanama 2020, kiyikesha Minisiteri y’Ubuzima, kigaragaza ko muri 2016, abangavu basambanyijwe bagaterwa inda z’imburagihe mu gihugu hose bari 17,849.

Muri 2017 abangavu batewe inda z’imburagihe bari 17,337, muri 2018 umubare w’abangavu basambanyijwe bagaterwa inda wariyongereye ugera ku 19,832.

Imibare y’abangavu basambanyijwe bagaterwa inda hagati y’ukwezi kwa Mutarama na Kanama 2019 bari 15,656.

Mu nama y’Abaminisitiri yateranye tariki 11 Ugushyingo 2020, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yayimenyesheje ko mu gihugu hose hazatangira ubukangurambaga bwo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina buzamara iminsi 16, bugahera tariki 25 Ugushyingo 2020 kugeza tariki 10 Ukuboza 2020.

Umuseke

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *