Uhabwa amahirwe yo kuyobora FC Barcelona ngo yiteguye gusinyisha Sergio Ramos

Sangiza iyi nkuru

Victor Font, Umukandida uhabwa amahirwe menshi yo kuba Perezida wa FC Barcelona yo muri Espagne, yatangaje ko bishobotse yasinyisha muri Barcelona Sergio Ramos usanzwe ari Kapiteni wa Real Madrid.

Fonte yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru cya Cadena Cope.

Ikinyamakuru ESPN Deporte kivuga ko Font ari we uhabwa amahirwe yo gusimbura Josep Maria Bartomeu uheruka kwegura ku nshingano zo kuyobora FC Barcelona, n’ubwo hari n’abandi bakandida babarirwa mu icumi baziyamamariza kuyobora iriya kipe iri mu zikunzwe ku mugabane w’u Burayi.

Amakuru avuga ko mu mishinga Font afite harimo kugira Xavi Hernandez pwabaye umukinnyi ukomeye wa FC Barcelona umutoza wayo mukuru, akazaba afite inshingano zo kumvisha Lionel Messi buryo ki agomba kuguma muri FC Barcelona.

Ku mugoroba w’ejo Font aganira na Cadena Cope, yavuze ko Xavi aramutse amusabye gusinyisha Ramos yabikora.

Ati: “Xavi aramutse ansabye gusinyisha Sergio Ramos hanyuma ubushobozi bukaba bubyemera, nabikora.”

Sergio Ramos Font yavuze ko yiteguye gusinyisha, ari mu mwaka we wa nyuma muri Real Madrid, hakaba hari amakuru avuga ko ashobora kuyivamo nyuma yo kutumvikana na yo ibijyanye no kongera amasezerano.

Bivugwa ko Ramos ari gusaba Madrid kumwongerera imyaka ibiri ku masezerano ye, yo igahitamo kumuha umwaka umwe ndetse ikanamugabanyiriza umushahara.

Ramos asanzwe ari incuti na Xavi Hernandez bakinanye mu kipe y’Igihugu ya Espagne igihe kirekire, gusa ibyo kuza muri FC Barcelona avuye muri Real Madrid bisa nk’inzozi, bijyanye n’uko hari andi makipe akomeje kumwifuza.

Fictor Font yanavuze kuri Antoine Griezmann uri mu mwaka we wa kabiri muri FC Barcelona, avuga ko iriya kipe itakabaye yaramusinyishije.

Impamvu ngo ni uko uyu Mufaransa akina ku mwanya umwe na Lionel Messi, ndetse akaba yarananiwe kwibona muri iriya kipe.

Perezida mushya wa FC Barcelona azamenyekana muri Mutarama umwaka utaha, ubwo abanyamuryango bayo bazaba batoye Komite nshya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *