Abandi bantu 29 bagaragayeho Covid-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abandi bantu 29 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 2709 byafashwe. Abanduye barimo 3 babonetse muri Kigali, 10 babonetse muri Bugesera, 11 babonetse muri Nyanza, 4 babonetse muri Rubavu n’undi wabonetse i Musanze.
Ikiganiro na Harrison Mutabazi ku cyumweru cy’ubucamanza kigiye gutangira
Umuvugizi w’Inkiko z’u Rwanda, Harrison Mutabazi yavuze byinshi ku cyumweru cy’ubucamanza kigiye gutangira n’ibyagezweho mu rwego rw’ubutabera, mu gihe habura igihe gito ngo umwaka w’2020 urangire. Mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2020, Harrison Mutabazi yasobanuye uburyo “Icyumweru cy’Ubucamanza” ari kimwe mu ntambwe nini zatewe mu iterambere ry’urwego rw’ubutabera, aho […]
Igisirikare cya Ethiopia cyashinje umuyobozi wa OMS gufasha abigometse ku butegetsi
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia, Gen Berhanu Jula, yashinje Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, guha ubufasha Ingabo z’ishyaka Tigray People’s Liberation Front (TPLF) zirimo kurwana n’iza Ethiopia. Yabitangaje kuri uyu wa Kane mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, aho yavuze ko Dr Tedros “ntacyo atakoze” mu gushyigikira TPLF no kuyifasha […]
Nyaruguru: Umudugudu umaze imyaka isaga 5 mu kizima kandi insinga z’amashanyarazi na mubazi biri ku mazu

Imiryango 25 y’abatishoboye yatujwe mu mudugudu bise uw’intangarugero wa Rasaniro, mu kagari ka Mariba, Umurenge wa Rusenge, Akarere ka Nyaruguru, imaze imyaka isaga 5 iba mu kizima mu mazu agaragara nk’arimo umuriro w’amashanyarazi kubera amapoto n’insinga byinjira mu mazu ariko ntibacana. Iyi miryango ivuga ko mu 2015 umuriro waje ukwezi kumwe, ugahita ugenda kugeza uyu […]
Uganda: Uko amatora yegereza, ni ko ibintu bikomeje kuzamba (Amafoto)

Mu gihe Uganda ibura amezi atarenze abiri ngo yinjire mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ibintu bikomeje guhindura isura hagati ya Leta ya kiriya gihugu n’abatavuga rumwe na yo. Ibyo muri Uganda byongeye gufata indi ntera ku wa Gatatu tariki ya 18 Ugushyingo, nyuma y’itabwa muri yombi rya Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, umukandida Perezida […]
Trump yemeza ko habazwe amajwi y’abantu barenga 20,000 bapfuye mbere y’amatora
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump akomeje gushimangira ko yibwe mu matora, ubu akaba yemeje ko hari amajwi y’abantu 20,000 yabazwe muri Leta ya Pennsylvania kandi abo yitiriwe barapfuye mbere y’uko amatora aba. Ibyavuye muri leta zitandukanye kuri aya matora yabaye tariki ya 3 Ugushyingo 2020, byerekanye ko Joe Biden wari uhanganye na […]
Bizimana Yannick usigaye atyaye yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC
APR FC kuri uyu wa Kane ibifashijwemo n’abarimo rutahizamu Bizimana Yannick, yatsinze Bugesera FC ibitego 3-0 mu mukino wa gicuti amakipe yombi yari yahuriyemo. Wari umukino wa cyenda wa gicuti APR FC yakinaga, mu rwego rwo kwitegura Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya bazahurira mu ijonjora ry’ibanze rya Total CAF Champions league. Umukino ubanza […]
Cameroon: Umunyarwanda ntiyorohewe no kugumana umwenda w’umuhondo

Umunyarwanda, Mugisha MoĂŻse yagumanye umwenda w’umuhondo nyuma yo kuba uwa cyenda mu gace ka kabiri k’irushanwa ry’amagare rya Grand Prix Chantal Biya riri kubera muri Cameroon. Aka gace ko kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2020 kangana na Km 139.5 kavaga ahitwa Akonolinga kakanyura Abang kagasoreza Mbang. Mugisha yakoresheje amasaha atanu iminota 37 n’amasegonda 20. Ni […]
Abajenerali 14 mu gisirikare cya Ethiopia bashyiriweho impapuro zibata muri yombi
Ejo ku wa Gatatu, Polisi ya Ethiopia yatangaje ko yashyizeho impapuro zo guta muri yombi abasirikare bakuru 76 barimo ba Jenerali Majoro bane na ba Brigadiye Jenerali 10, bashinjwa gukorana na TPLF mu kugaba igitero ku kigo cya gisirikare. Leta ya Ethiopia yavuze ko icyo gitero ari cyo cyabaye intandaro y’iyi mirwano ikomeje kuba muri […]
Ngororero: Abayobozi batatu batawe muri yombi
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 19 Ugushyingo taliki ya 18 Ugushyingo 2020, rwafunze Harerimana Adrien, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Sovu; Umubyeyi Ildegonde, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kavumu mu Karere ka Ngororero na Ntashamaje Eliazar Umucungamali w’Umurenge wa Sovu. Aba bose bakurikiranweho icyaha cyo kunyereza umutungo, guhimba no gukoresha inyandiko mpimbano nk’uko RIB ibitangaza […]
Zanzibar: Abagore batatu basenzwe kubera amatora
Abagore batatu bo mu gace ka Gando gaherereye mu Karere ka Wete, mu kirwa cya Pemba muri Zanzibar basenzwe (kwirukanwa n’abagabo) kubera amatora ya perezida, abadepite na ba meya aherutse kuba muri Leta Zunze Ubumwe za Tanzania. Mu gihe abandi baturage bari mu byishimo ko amatora yashojwe mu mahoro no mu mutuzo, imiryango y’aba bagore […]
Amajyepfo: Abanyeshuri 26 banduye Covid-19, abandi 28 bagaragaza ibimenyetso
Nyuma y’igikorwa cyo gupima Covid-19 cyatangijwe mu bigo by’amashuri bitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2020, byagaragaye ko abanyeshuri 26 banduye iki cyorezo mu gihe abandi bagera kuri 28 bagaragaje ibimenyetso. Ibigo byagaragayemo abanyeshuri banduye birimo Urwunge rw’Amashuri rwa Mugombwa mu Karere ka Gisagara rwagaragayemo 9 n’abandi 4 bafite ibimenyetso, muri 40 […]
Kigali: Rurageretse hagati y’umunyamategeko w’Umunyarwanda n’Umunya-Pakistan bapfa amasezerano y’ubukode
Ku wa Gatatu tariki ya 18 Ugushyingo 2020, i Kigali ku Kimihurura aho Urukiko rw’Ubujurire rukorera hatangiye isubirishamo ry’urubanza kubera impamvu z’akarengane, aho umunyamategeko w’Umunyarwanda Me Mhayimana Isaie n’ikigo cya KHAAS Ltd gihagarariwe na Amjad Merchant Ali ukomoka muri Pakistani, bari kuburana ku mpamvu z’uko aba bombi bananiwe kumvikana ku bibazo byavuye ku masezerano y’ubukode […]
Boeing yahitanye amagana barimo n’Umunyarwanda, yemerewe gusubukura ingendo

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe iby’ingendo zo mu kirere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FAA), Steve Dickson, yashyize umukono ku nyandiko yemerera indege zo mu bwoko bwa Boeing 737 kongera gutwara abantu mu kirere. Tariki 29 /10/2018 indege ya 737 Max ya kompanyi ya Lion Air yo muri Indonesia yarahanutse, abantu 189 bari bayirimo bose ntawarokotse, […]
Haruna Niyonzima na Madamu we bakoze impanuka ikomeye

Kapiteni w’Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Haruna Niyonzima, yaraye akoze impanuka ikomeye ari kumwe n’umwe mu bagore be babiri gusa Imana ikinga akaboko. Haruna na Madamu we wa kabiri bakoze impanuka mu ijoro ryakeye ubwo bari bavuye i Nyamata mu Bugesera gusura mushiki we witwa Naima usanzwe ari umugore w’umuzamu wa AS Kigali n’Amavubi, Ndayishimiye Eric ‘Bakame’. […]
Polisi y’u Rwanda irashaka uwataye amafaranga
Polisi y’u Rwanda imaze gutangaza ko ishakisha umuntu waba yarataye amafaranga tariki ya 12 Ugushyingo 2020 mu muhanda uva kuri Kigali Convention Center werekeza i Remera. Itangazo rya Polisi ryatambutse ku rubuga rwa Twitter rivuga ko kuri iyo tariki, umupolisi wari ku kazi ari we watoraguye aya mafaranga, hagati ya saa tatu n’iminota 30 na […]
Rusizi: Abarezi n’abayobozi b’ibigo by’amashuri bahangayikishijwe n’ubuke bw’intebe

Mu gihe hategerejwe abandi banyeshuri bazasubukura amasomo ku wa 23 Ugushyingo, basanga abandi bamaze ibyumweru 2 biga, abarezi n’abayobozi b’ibigo by’amashuri mu karere ka Rusizi baravuga ko batangiye kubunza imitima bibaza aho bazicara mu gihe intebe bicaragaho zicaweho na bagenzi babo baje mbere hakurikijwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Bamwe mu barezi n’abayobozi b’ayo […]
Ubwongereza: Ambasade y’u Rwanda yasubije abanenze kuba abo muri FPR bararahiriye mu nyubako yayo
Amabasade y’u Rwanda mu Bwongereza yagize icyo ivuga ku banenze amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga arimo abayoboke b’Ishyaka riri ku butegetsi mu Rwanda (FPR) barahirira mu nyubako yayo iri afi ya ‘station’ ya gariyamoshi ya Marylebone i London. Muri ayo mashusho yahererekanyijwe vuba aha kuri WhatsApp, abantu barenga 30 bagaragara bahagaze mu cyumba cy’inama cyo […]
Uhabwa amahirwe yo kuyobora FC Barcelona ngo yiteguye gusinyisha Sergio Ramos
Victor Font, Umukandida uhabwa amahirwe menshi yo kuba Perezida wa FC Barcelona yo muri Espagne, yatangaje ko bishobotse yasinyisha muri Barcelona Sergio Ramos usanzwe ari Kapiteni wa Real Madrid. Fonte yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru cya Cadena Cope. Ikinyamakuru ESPN Deporte kivuga ko Font ari we uhabwa amahirwe yo gusimbura Josep Maria Bartomeu uheruka kwegura […]
Ingabo za Israël zakubise ahababaza Iran

Mu rukerera rwo kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2020, ingabo za IsraĂ«l zagabye igitero cy’indege cyasenye ahantu umunani hagenzurwa n’ingabo za Iran hafi y’umurwa Damascus muri Syria, mu rwego rwo kwihorera. Nk’uko byemejwe n’ibiro by’ingabo za IsraĂ«l, aharashwe harimo ububiko bw’intwaro n’ibirindiro bitandukanye by’umutwe wa Quds w’ingabo za Iran n’iza Syria. Ingabo za IsraĂ«l zigabye […]
Amerika: Abasaga ibihumbi 250 bishwe na COVID-19
Abishwe na Covid-19 muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika barenze 250,000, mu gihe ubwandu bwayo bwongeye kwiyongera mu gihugu. Nkuko bitangazwa na Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika, kugeza ubu muri icyo gihugu abarenga miliyoni 11,5 bamaze kwandura coronavirus, muri bo abarenga 250,400 yarabishe. Amerika ni cyo gihugu cya mbere ku isi kimaze gutangaza abantu […]
London: U Rwanda rwavuze ku bya Zihabamwe uvuga ko Leta yashimuse abavandimwe be

Ambasade y’u Rwanda i London mu Bwongereza yahakanye ibirego by’Umunyarwanda, NoĂ«l Zihabamwe uvuga ko Leta y’u Rwanda yashimuse abavandimwe be babiri, Jean Nsengimana na Antoine Zihabamwe. Hari amakuru ko aba babiri bafashwe n’abapolisi babasohoye mu modoka ya bisi hafi y’iwabo i Karangazi mu kwezi kwa Nzeri mu 2019, kugeza ubu bakaba batarongera kuboneka. Ambasade y’u […]
Abakandida 3 bahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza kugeza Bobi Wine afunguwe

Abakandida batatu bashaka kuyobora Uganda batangaje ko bahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza kugeza ubwo mugenzi wabo, Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine araba afunguwe. Mu gitondo cy’ejo ku wa 18 Ugushyingo 2020 ni bwo Bobi Wine yaterewe muri yombi mu Karere ka Luuka gaherereye mu burasirazuba bwa Uganda, akaba yaraziraga guhuriza hamwe abantu benshi mu […]