Abakandida batatu bashaka kuyobora Uganda batangaje ko bahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza kugeza ubwo mugenzi wabo, Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine araba afunguwe.
Mu gitondo cy’ejo ku wa 18 Ugushyingo 2020 ni bwo Bobi Wine yaterewe muri yombi mu Karere ka Luuka gaherereye mu burasirazuba bwa Uganda, akaba yaraziraga guhuriza hamwe abantu benshi mu gikorwa cyo kwiyamamaza, kandi ngo bitemewe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.
Gusa bamwe mu Bagande biganjemo abarwanashya b’ishyaka NUP (National Unity Platform) Bobi Wine ahagarariye n’abandi bakurikiranira hafi ibi bikorwa byo kwiyamamaza byabababaje, imyigaragambyo itangira ihereye mu mujyi wa Kampala, ikwira no mu yindi mijyi itandukanye mu gihugu.
Mu bababajwe n’ifungwa rya Bobi Wine harimo aba bakandida bahise bahagarika ibikorwa byo kwiyamamaza, barimo: Rtd. Maj. Gen. Mugisha Muntu, Rtd. Lt. Gen. Henry Tumukunde n’umukandida wigenga, Katumba John.
Katumba w’imyaka 24 y’amavuko yacishije ubutumwa kuri Twitter bugira buti: “Ibikorwa byanjye byo kwiyamamaza byose byahagaritswe mu rwego rwo kwifatanya na Bobi Wine.”
Katumba John ni umukandida wigenga
Mugisha Muntu na we abicishije kuri uru rubuga, yagize ati: “Twafashe icyemezo cyo guhagarika ibikorwa byo kwiyamamaza kugeza ubwo bagenzi bacu, Bobi Wine na Patrick Amuriat bararekurirwa, bakanemererwa kwiyamamaza.”
Mugisha Muntu uhagarariye ishyaka ANT (Alliance for National Transformation)
Rtd. Lt. Gen. Henry Tumukunde na we yagize ati: “Ku bufatanye n’abandi bayobozi n’amashyaka yiyamamaza, twahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza kugeza ubwo abakandida Patrick Amuriat na Bobi Wine barekurirwa ndetse bakabasha gukomeza ibikorwa byo kwiyamamaza.”
Henry Tumukunde yiyemeje kwifatanya na bagenzi be bahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza
Patrick Amuriat uhagarariye ishyaka rya FDC rya Dr. Kizza Besigye yaraye afunguwe, aho avuga ko yari yiteguye kurara muri kasho. Ni mu gihe Bobi Wine yarayemo, akaba agifungiwe muri Nalufenya.
Abakandida biyamamariza kuyobora Uganda ni 11, ku isonga hari Perezida Yoweri Museveni uhagarariye ishyaka NRM. Abandi ni: Nancy Linda Kalembe, Nobert Mao, Joseph Kabuleta Kiiza, Fred Mwesigye na Willy Mayambala; biyongera ku bavuzwe haruguru.



2 Responses
Abakandida 3 bahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza kugeza Bobi Wine afunguwe
Museveni mbona ari numuntu mwiza ugereranyije akavuyo gaterwa naBob wine muri ikigihe cya covid19 yarakwiriye no gukatirwa burundu kuko arigukururira ibyago abanyauganda byo kwandura corona
Abakandida 3 bahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza kugeza Bobi Wine afunguwe
Museveni mbona ari numuntu mwiza ugereranyije akavuyo gaterwa naBob wine muri ikigihe cya covid19 yarakwiriye no gukatirwa burundu kuko arigukururira ibyago abanyauganda byo kwandura corona