_109351114_musoni-jackson-ethiopian-airways-kenya.jpg

Boeing yahitanye amagana barimo n’Umunyarwanda, yemerewe gusubukura ingendo

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe iby’ingendo zo mu kirere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FAA), Steve Dickson, yashyize umukono ku nyandiko yemerera indege zo mu bwoko bwa Boeing 737 kongera gutwara abantu mu kirere.

Tariki 29 /10/2018 indege ya 737 Max ya kompanyi ya Lion Air yo muri Indonesia yarahanutse, abantu 189 bari bayirimo bose ntawarokotse, iyi ndege yari imaze amezi abiri iguzwe muri Boeing.

Tariki 10/03/2019 indi ndege ya 737 Max ya Ethiopian Airlines yari ivuye Addis Ababa ijya i Nairobi yarahanutse abari bayirimo 157 bose ntawarokotse, iyi nayo yari imaze amezi atatu iguzwe.

Mu bahitanywe n’impanuka ya Ethiopian harimo Jackon Musoni, Umunyarwanda wari umukozi wa UNHCR wari kumwe kandi na bagenzi be bakorana Nadia Ali na Jessica Hyba nabo bapfuye.

_109351114_musoni-jackson-ethiopian-airways-kenya.jpg
Musoni Jackson/Social Media

Kuva tariki 13/03/2019 urwego rushinzwe iby’indege rwa Amerika (FAA) rwahise ruhagarika indege z’ubu bwoko kongera kuguruka kugira ngo hakemurwe ikibazo cya tekiniki bivugwa ko zifite.

Kwemererwa gukora ingendo

Dickson avuga ko “Yizeye 100% umutekano w’indege za Boeing. Ibi bivuze ko indege za Boeing zizongera gufata ikirere mu mpera z’uyu mwaka [2020].”

FAA yasabye ko abapilote bahabwa imyitozo kurushaho kugira ngo bazabashe gukoresha neza igikoresho gishya cy’umutekano cyashyizwe mu ndege zose zo mu bwoko bwa Boeing 737.

Ba nyiri Boeing bashimishijwe n’iki cyemezo cya FAA, bavuga ko bigiye byinshi ku makosa yagiye aba mbere nk’uko CNN dukesha iyi nkuru ibitangaza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *