Mu gihe Uganda ibura amezi atarenze abiri ngo yinjire mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ibintu bikomeje guhindura isura hagati ya Leta ya kiriya gihugu n’abatavuga rumwe na yo.
Ibyo muri Uganda byongeye gufata indi ntera ku wa Gatatu tariki ya 18 Ugushyingo, nyuma y’itabwa muri yombi rya Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, umukandida Perezida w’ishyaka NUP (National Unity Platform).
Depite Kyagulanyi yatawe muri yombi n’abasirikare ndetse na Polisi, bamufatiye mu gace ka Luuka yari yagiye kwiyamamarizamo.
Mu itangazo Polisi ya Uganda yasohoye mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, yasobanuye ko Bobi Wine yatawe muri yombi nyuma yo kutubahiriza amabwiriza arebana n’ibikorwa byo kwiyamamaza muri Uganda, ndetse n’amabwiriza ya Minisiteri y’ubuzima yo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19.
Amabwiriza arebana n’ibikorwa byo kwiyamamaza muri Uganda, avuga ko nta mukandida ugomba kurenza umubare w’abantu 200 mu gihe yagiye kwiyamamaza, gusa Bobi Wine na bamwe mu bakandida ngo bagiye biyamamamariza mu kivunge, ku buryo bishobora guha urwaho icyorezo nk’uko Polisi yabisobanuye.
Bobi Wine yatawe muri yombi nyuma ya Patrick Amuriat uhagarariye ishyaka Forum for Democratic Change (FDC ) mu matora y’umukuru w’igihugu.
Itabwa muri yombi ry’aba bagabo bombi ryakuruye imyigaragambyo ikomeye i Kampala mu murwa mukuru wa Uganda, ndetse no mu yindi mijyi ya kiriya gihugu.
Abigaragambya basabaga ko Bobi Wine ahita arekurwa ako kanya, gusa uyu mudepite aracyafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi y’ahitwa Nafulenya.
Mu itangazo Polisi ya Uganda yasohoye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, yavuze ko imyigaragambyo yabereye muri kiriya gihugu yaguyemo abantu batatu, mu gihe abarenga 30 bakomeretse.
Amakuru yaramutse mu gitondo yavugaga ko abapfuye bakabakaba 10, nyuma yo kuraswa n’inzego za Polisi n’igisirikare.
Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda (UPDF), Brig Flavia Byekwaso, we yavuze ko igisirikare cyahisemo kurasa mu rwego rwo kwirwanaho.
Abigaragambya muri Uganda batwikiye mu mihanda itandukanye amapine y’amamodoka, banangiza bimwe mu bikorwa remezo bitandukanye basaba ko Bobi Wine yarekurwa.
Hari ubwo abarwanashyaka b’uriya munya-Politiki banacishagamo bakihorera kuri bakeba babo ba NRM (National Resistance Movement) ya Perezida Yoweri Museveni, nk’uko amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga abigaragaza.
Inzego zishinzwe umutekano zabasubizaga zibaminjamo ibyuka biryana mu maso, gusa hari n’ubwo baraswagaho amasasu cyangwa akaraswa mu kirere.
Hari n’amashusho yagiye hanze agaragaza bamwe mu bashinzwe umutekano bakubitwa n’abaturage, mu gihe abashinzwe gucungira umutekano abakandida Perezida hari ubwo na bo bagiye bagaragara bumvana imitsi na bagenzi babo babarinda guta muri yombi abakandida.
Ibiri kubera muri Uganda byamaganwe na benshi, ku buryo abakandida bamwe bahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza kugeza igihe bagenzi babo bazarekurirwa.
Amahanga arimo na Leta zunze ubumwe na yo yamaganye ibikomeje kubera muri Uganda.
Umukandida wigenga Lt Gen Henry Tumukunde we yasabye bagenzi be kwivana muri ariya matora.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yabwiye abigaragambya ko ibyo bashaka bazabibona.
Museveni wari mu gace ka Karamoja aho yiyamamarije, yavuze ko abigaragambya nibakomeza ibikorwa by’urugomo baraza kubona ibyo bashaka, abasaba kwirengera ingaruka z’ibikorwa bigayitse bakomeje gukorera i Kampala.
Yagize ati” Abantu bakomeje kwibasira imyambaro abayoboke n’ibirango bya NRM mu murwa mukuru Kampala, ndagira ngo mbabwire ko binjiye mu gice cy’imirwano tuzi neza kandi tumazemo igihe kubarusha.”
Museveni yasabye abigaragambya kugenza make, bitaba ibyo bagahura n’uburakari bukomeye bwa NRM bamaze iminsi bavuga.












Amafoto: @Daily Monitor



2 Responses
Uganda: Uko amatora yegereza, ni ko ibintu bikomeje kuzamba (Amafoto)
Abagande baradabagiye kbs ! Kurwana n’abasilikare bafite imbunda! Museveni ntacyo atabakoreye none ngo bagiye kwigaragambya !
Uganda: Uko amatora yegereza, ni ko ibintu bikomeje kuzamba (Amafoto)
Abagande baradabagiye kbs ! Kurwana n’abasilikare bafite imbunda! Museveni ntacyo atabakoreye none ngo bagiye kwigaragambya !