Umupolisi Josephine John yibwe ingofero n’inkweto by’akazi ubwo yagabwaho igitero n’abitwaje icyuma. Aya mabandi kandi nk’uko Millardayo ibitangaza, bibye telefoni na y’uyu mupolisi bifite agaciro ka Sh.760,500. Ibi ngo byabaye ubwo uyu mupolisi yatahaga avuye ku kazi. Kuri ubu abitwa Benny Morice (21), Baraka John (18) bari gushakishwa bakekwaho iki cyaha.


