Gor Mahia igitegereje ibisubizo bya COVID-19 yatangaje igihe izagerera i Kigali

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Gor Mahia igomba guhura na APR FC mu mukino ubanza w’ijonjora rya CAF Champions league, yatangaje ko izagera i Kigali ku wa Gatanu tariki ya 27 Ugushyingo, mbere y’umunsi umwe ngo ikine na APR FC.

Ni ibyatangajwe n’Umuyobozi wa Gor Mahia, Ambrose Rachier, wavuze ko iriya kipe igitegereje ibisubizo bya COVID-19 iteganya kubona kuri uyu wa Kane.

Aganira n’ikinyamakuru Goal yagize ati: “Ikipe irateganya guhaguruka ejo ijya i Kigali mu Rwanda mu mukino wo muri Weekend w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league uzaduhuza na APR. Turacyategereje ibisubizo bya COVID-19 by’abakinnyi twiteze kubona uyu munsi.”

Gor Mahia yugarijwe n’ibibazo by’amikoro, yaherukaga kugira ikibazo cy’ibikoresho ku buryo byatumye yiyambaza Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Kenya (FKF) ngo riyifashe kwimura uriya mukino, gusa ubusabe bwayo buteshwa agaciro.

Umwe mu bayobozi ba FKF aheruka kubwira ikinyamakuru Goal ko impamvu banze ubusabe bwa Gor Mahia ari uko kwimura imikino ya CAF atari ibintu byoroshye.

Ati: “Imikino ya CAF ntabwo yimurwa muri buriya buryo. Si ikintu cyo gukora mu buryo bworoshye, ni na yo mpamvu Gor Mahia yamenyeshejwe kwitegura gukina ku wa Gatandatu.”

Kuri uyu wa Kane ni bwo abakinnyi ba Gor Mahia bapimishijwe COVID-19, bakaba bagitegereje ibisubizo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *