enqwpegxeaiub61.jpg

Bobi Wine uherutse gufungurwa, akomeje kuzitirwa bikomeye (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Umukandida wiyamamariza umwanya wa Perezida wa Uganda, Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) akomeje kutoroherwa n’abakorera inzego zishinzwe umutekano biganjemo abasirikare.

Ni nyuma y’iminsi mike asubukuye ibikorwa byo kwiyamamaza, aho yari yabisubitse yatawe muri yombi n’izi nzego, azira gukoranya abaturage barenze umubare wemewe bijyanye no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

enqwpegxeaiub61.jpg Bobi Wine ni umukandida uhagarariye ishyaka National Unity Platform

Bobi Wine yafunguwe tariki ya 20 Ugushyingo 2020, yiyemeza gukomeza ibikorwa byo kwiyamamaza guhera tariki ya 23 Ugushyingo 2020.

Ararwana urugamba kuva yasubukura ibi bikorwa

Kuva tariki ya 23, Bobi Wine yagombaga kujya mu Karere ka Kyegegwa, ngo abapolisi baraye bata muri yombi abagize itsinda ryagombaga kumufasha muri iki gikorwa.

Kuri Twitter ye, uwo munsi yagize ati: “Muri iki gitondo twagombaga kuba turi mu Karere ka Kyegegwa. Polisi yaraye ifunga benshi mu bagize itsinda ryacu. Muri iki gitondo, bafunze aho twakodesheje ngo tugeze ubutumwa ku bantu benshi, none bari kudusaba gushaka ahandi.”

Kuri uwo munsi nabwo, ubwo Bobi Wine yerekezaga mu mujyi wa Kyenjojo, yakurikijwe ibyuka biryana mu maso, abasirikare bari mu modoka za pick-up bamukurikiye ndetse bafite n’amabisi mato yo gushyiramo abatabwa muri yombi.

enhrhooxyauulld.jpg

Mu gace ka Fort Portal naho ngo we n’abakunzi be bakurikijwe ibyuka biryana mu maso ndetse ngo n’amasasu yararashwe. Byageze mu Karere ka Kasese ubwo yari avuye muri Fort Portal, abasirikare n’abapolisi benshi bafunga umuhanda yari kunyuramo.

enqwnt6wmaithik-1.jpg Imodoka nazo ziri gukoreshwa bariyeri

enqwngfxcagp81u.jpg Abasirikare bari kwitwaza imbunda nka Machine Gun

Kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2020, ubwo Bobi Wine yerekezaga mu Karere ka Kibaale, yasanze abasirikare n’abapolisi bafungishije imodoka zabo umuhanda. Ubwo yakomerezaga muri Hoima, naho yasanze umuhanda wafunzwe.

Bahisemo gukoresha umuhanda muremure nk’uko abivuga, berekeza kuri hoteli yitwa Double Dream yagombaga kuraramo, ariko nabwo abasirikare n’abapolisi babakurikiyeyo, aho we avuga ko harimo n’abatambaye impuzankano bari bafite imbunda.

ensakimw4aqgivm.jpg Abashinzwe umutekano bamukurikiye no kuri hoteli yarayemo

Kuva Bobi Wine yatangira kwiyamamaza, nigaragara ko inzego zishinzwe umutekano zikomeje gukora ibishoboka ngo zisubize inyuma abakunzi ba Bobi Wine, hashingiwe ku bwinshi bwabo, ariko byarananiranye. Ni ihurizo rikomereye izi nzego zatunzwe agatoki ko zishe abaturage bakabakaba 50 ubwo bigaragambirizaga ifungwa ry’uyu mukandida.

enryhwnw8amvblb.jpg

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Bobi Wine uherutse gufungurwa, akomeje kuzitirwa bikomeye (Amafoto)
    Uganda museveni yayigize ikuzimu kuruta uko yari imeze ikiyoborwa na Idi Amini Dada

  2. Bobi Wine uherutse gufungurwa, akomeje kuzitirwa bikomeye (Amafoto)
    Uganda museveni yayigize ikuzimu kuruta uko yari imeze ikiyoborwa na Idi Amini Dada

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *